IMIKINO

Umunyabigwi mu mukino wa Basketball Dikembe Mtombo yitabye Imana ku myaka 58

Umunyabigwi wakinye muri NBA by’umwihariko mu ikipe ya Philadelphia 76ers, Dikembe Mtombo yitabye Imana ku myaka 58 y’amavuko azize kanseri y’ubwonko.

Bamwe mu bari bazi nyakwigendera ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagiye bandika ubutumwa bw’ihumure dore ko uyu mugabo yagize amateka n’uruhare mu mukino w’intoki wa Basketball.

Kuri uyu wa mbere, Perezida wa Philadelphia 76ers, Daryl Morey, yatangarije itangazamakuru ati: “Nta basore benshi bameze nka we, gusa yari umuntu ukomeye.” “Igihe nari muri iyi mikino igize shampiyona, amahirwe yanjye ya mbere ndi muri Houston, yari umuntu iteka utangaje kandi ukuze nubahaga.”

Abandi bamugarutseho barimo Joel Embiid wavuze ko bibaje kubura umuntu nka Mtombo by’umwihariko umuntu wavukiye muri Afurika.

Mtombo mu mwaka 2001, ni umwe mu bakinnyi baguzwe n’ikipe ya Philadelphia 76ers yarimo Allen Iverson ikabasha kwegukana igikombe cya shampiyona mu gice cya Eastern Conference. 

Gusa umukino wa nyuma wa NBA baje kubura igikombe nyuma yo guhangana n’ikipe ya Los Angeles yaririmo ba Shaq na Kobe Bryant.

Mutombo yitabiriye inshuro umunani mu mikino ya All-Star Game, atorwa inshuro enye nk’umukinnyi wugaye neza w’umwaka, atorwa nk’umukinnyi mwiza inshuro eshatu nk’uwakoze blocks nyinshi muri shampiyona ya NBA, Mtombo kandi yaje mu ikipe ya kabiri nziza muri NBA mu mwaka 2001.

Nyakwigendera yashyizwe mu nzu ndangamurage nk’uwakoze ibigwi mu mikino w’intoki wa Basketball ‘Hall Fame’ mu 2015.

Dikembe Mtombo watangiye gukina umukino wa basketball nk’ababigize umwuga mu mwaka wa 1991 agasezera mu mwaka 2009, yakiniye kandi amakipe arimo Houston Rockets, Atlanta Hawks, New York Knicks n’andi.

Dikembe Mtombo yapfuye azize kanseri y’ubwonko

Christian

Recent Posts

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

5 hours ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

7 hours ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

23 hours ago

U Burundi bwavuze ko ntaho buhuriye n’igitero cyagabwe i Bukavu

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…

1 day ago

Umutoza Jose Mourinho yahawe ibihano

José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…

1 day ago

Agezweho: Inama yariteraniye i Bukavu haturikiye igisasu, Bisimwa atangaza ababyihishe inyuma

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…

2 days ago