INKURU ZIDASANZWE

Abagabo bane bakatiwe burundu nyuma yo gufata ku ngufu umwangavu

Urukiko rw’i Dodoma mu murwa mukuru wa Tanzaniya rwakatiye abagabo bane igihano cy’igifungo cya burundu kubera gusambanya umwana w’umukobwa utarageza imyaka y’ubukure.

Mu bakatiwe harimo Clinton Damas, umusirikare mu ngabo z’igihugu cya Tanzaniya, na Praygod Mushi, umuyobozi wa gereza.

Abandi bakatiwe ni Nickson Jackson na Amin Lema.

Usibye igihano cy’igifungo cya burundu, abo bagabo bane buri wese yategetswe kwishyura uwahohotewe miliyoni imwe y’amashilingi ya Tanzania.

Ni mu gihe umupolisi mukuru ukekwaho kuba yarategetse igitero cyo gufata ku ngufu uyu mwana w’umukobwa agomba kuburanishwa mu kwezi ku Ukwakira.

Ku wa mbere, hanze y’urukiko rw’ibanze rwa Dodoma, Godfrey Wasonga umunyamategeko wunganira abo bagabo, yatangaje ko batishimiye iki cyemezo.

Ku mbuga nkoranyambaga, abiganjemo ibyamamare, n’abaharanira uburenganzira bwa muntu bishimiye icyemezo cy’urukiko.

Amashusho agaragaza gufatwa ku ngufu kw’uwo mwangavu yatangiye gukwirakwira kuri interineti muri Kanama.

Igipolisi muri Tanzania cyasabye abaturage guhagarika gukwirakwiza ayo mashusho mu rwego rwo kwirinda kwica urubozo uwahohotewe.

Ni mu gihe Tanzania yashyizeho ingamba zikakaye zo guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryiyongera ubutitsa.

Christian

Recent Posts

Amatariki y’umukino wa APR Fc na Rayon Sports yahinduwe, ntibyakirwa neza

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko Umukino wagombaga guhuza APR FC na Rayon Sports…

10 hours ago

Paul Pogba agiye kugaruka mu kibuga nyuma yo kugabanyirizwa ibihano

Umufaransa Paul Pogba wegukanye igikombe cy'Isi 2018, wari warafatiwe ibihano byo kumara imyaka ine adakina…

12 hours ago

REG WBBC yatsinze APR WBBC yegukanye umukino wa mbere muri ‘BetPawa Playoffs’ 2024

Mu mukino utari woroshye ikipe ya REG REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 68-67 mu…

14 hours ago

Sinzi niba amatora yo muri Amerika azaba ari amahoro – Biden

Ku wa gatanu, tariki ya 4 Ukwakira, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe…

15 hours ago

Sheebah Karungi yagaragaye mu gitaramo akuriwe-Amafoto

Mu ijoro ryakeye ryo ku wa Gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, umuhanzikazi wo muri Uganda…

16 hours ago

Bushali yasogongeje abakunzi be album yise ‘Full Moon’ ishingiye ku buzima yanyuzemo

Kera kabaye umuraperi w'injyana ya KinyaTrap, Bushali yumvishije abakunzi be album yise ‘Full Moon’ yakomeje…

16 hours ago