INKURU ZIDASANZWE

Abagabo bane bakatiwe burundu nyuma yo gufata ku ngufu umwangavu

Urukiko rw’i Dodoma mu murwa mukuru wa Tanzaniya rwakatiye abagabo bane igihano cy’igifungo cya burundu kubera gusambanya umwana w’umukobwa utarageza imyaka y’ubukure.

Advertisements

Mu bakatiwe harimo Clinton Damas, umusirikare mu ngabo z’igihugu cya Tanzaniya, na Praygod Mushi, umuyobozi wa gereza.

Abandi bakatiwe ni Nickson Jackson na Amin Lema.

Usibye igihano cy’igifungo cya burundu, abo bagabo bane buri wese yategetswe kwishyura uwahohotewe miliyoni imwe y’amashilingi ya Tanzania.

Ni mu gihe umupolisi mukuru ukekwaho kuba yarategetse igitero cyo gufata ku ngufu uyu mwana w’umukobwa agomba kuburanishwa mu kwezi ku Ukwakira.

Ku wa mbere, hanze y’urukiko rw’ibanze rwa Dodoma, Godfrey Wasonga umunyamategeko wunganira abo bagabo, yatangaje ko batishimiye iki cyemezo.

Ku mbuga nkoranyambaga, abiganjemo ibyamamare, n’abaharanira uburenganzira bwa muntu bishimiye icyemezo cy’urukiko.

Amashusho agaragaza gufatwa ku ngufu kw’uwo mwangavu yatangiye gukwirakwira kuri interineti muri Kanama.

Igipolisi muri Tanzania cyasabye abaturage guhagarika gukwirakwiza ayo mashusho mu rwego rwo kwirinda kwica urubozo uwahohotewe.

Ni mu gihe Tanzania yashyizeho ingamba zikakaye zo guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ryiyongera ubutitsa.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago