IMYIDAGADURO

Umunya-Nigeria Joe Boy ategerejwe i Kigali mu gusoza indirimbo yakoranye na Bruce Melodie

Umuhanzi ukomoka muri Nigeria umaze kuba izina mu njyana ya ‘Afrobeat’ na ‘RnB’ muri rusange, Joeboy, ategerejwe i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa 01 Ukwakira 2024.

Advertisements

Joeboy araba aje mu Rwanda kurangiza umushinga w’indirimbo yakoranye na Bruce Melodie aho bazafata n’amashusho yayo.

Ni indirimbo Bruce Melodie yakoranye na Joeboy izaba iri kuri album yise ‘Colourful generation’ bivugwa ko izajya hanze bitarenze uyu mwaka.

Bruce Melodie agiye gukorana indirimbo na Joeboy nyuma yo gukorana indi na Bien-Aimé Sol bise ‘Iyo Foto’ ikomeje no gukora amateka dore ko mu minsi ibiri gusa yari imaze kuzuza abantu miliyoni bayirebye kuri You Tube.

Joseph Akinwale amazina nyakuri ya Joeboy, akaba yaramamaye mu ndirimbo nka Alcohol, Beginning, Call, Focus, Baby, All For You n’izindi zitandukanye.

Ntabwo ari ubwa mbere Joeboy araba ageze mu Rwanda, kuko yahageze bwa mbere muri Gashyantare 2020 ubwo yari yatumiwe muri Kigali Jazz Junction.

Yaje kuhagaruka ku wa 23 Nyakanga 2022 ubwo yari afite igitaramo muri BK Arena ndetse agaruka ku wa 03 Ukuboza 2022 ubwo yari aje mu bitaramo bya “Kigali Fiesta Live Concert”.

Umuhanzi Joey Boy ategerejwe i Kigali

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago