INKURU ZIDASANZWE

Umunyamakuru wa Radio Maria yishwe n’abantu bishyuwe amadorali 5 y’Amerika

Umukuru w’umujyi wa Goma yatangaje ko hari amahuriro y’Abanyamakuru muri DR Congo uri kwamagana iyicwa ry’umunyamakuru ukuriye ishami rya Radio Maria i Goma yarashwe n’abitwaje intwaro bishyuwe amadorali 5 ya Amerika.

Mu ijoro ryo kuwa Gatanu tariki ya 27 Nzeri 2024, mu gace ka Ndosho muri Goma, niho Edmond Bahati Monja yarasiwe ku muhanda, ahita apfira aho, igipolisi kivuga ko abamwishe babanje kumwambura ibyo yari afite.

Mu cyumweru kimwe gishize mu Mujyi wa Goma hishwe abantu barenga 10 barashwe n’amabandi yitwaje intwaro, nk’uko Radio Okapi ibivuga.

Patrick Kalemba utuye i Ndosho mu mujyi wa Goma, yabwiye BBC ko urugomo n’ubwicanyi ubu bitumye “kuba muri uyu mujyi ni ukubana n’urupfu”.

Ku wa Mbere tariki ya 30 Nzeri 2024, igipolisi kiyoboye umujyi wa Goma cyeretse abanyamakuru abagabo batatu, barimo umwe bagenzi be bavuze ko ari mu mutwe wa Wazalendo, bashinja kurasa Edmond Bahati.

Mu mashusho, umwe yumvikana avuga ko yazanywe muri iki gikorwa n’uwo ‘muzalendo’ ari na we warashe amasasu yishe Bahati, akavuga ko bamwishe kubera “amakimbirane” atasobanuye.

Umuyobozi w’Umujyi wa Goma, Komiseri wa Polisi Kapend Kamand Faustin, yabwiye abanyamakuru ko aba bagabo bacyekwa kwica Bahati, bazaburanishirizwa urubanza imbere ya rubanda.

Kepend Faustin yumvikana kuri Radio Televiziyo ya RD Congo agira ati: “Ku madorari atanu bishe umuntu… Ubukana bw’itegeko buzakurikizwa”.

Komiseri Kapend ashimira inzego z’umutekano zakoze akazi gakomeye zigafata aba bakekwa.

Christian

Recent Posts

Amatariki y’umukino wa APR Fc na Rayon Sports yahinduwe, ntibyakirwa neza

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko Umukino wagombaga guhuza APR FC na Rayon Sports…

7 hours ago

Paul Pogba agiye kugaruka mu kibuga nyuma yo kugabanyirizwa ibihano

Umufaransa Paul Pogba wegukanye igikombe cy'Isi 2018, wari warafatiwe ibihano byo kumara imyaka ine adakina…

10 hours ago

REG WBBC yatsinze APR WBBC yegukanye umukino wa mbere muri ‘BetPawa Playoffs’ 2024

Mu mukino utari woroshye ikipe ya REG REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 68-67 mu…

12 hours ago

Sinzi niba amatora yo muri Amerika azaba ari amahoro – Biden

Ku wa gatanu, tariki ya 4 Ukwakira, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe…

13 hours ago

Sheebah Karungi yagaragaye mu gitaramo akuriwe-Amafoto

Mu ijoro ryakeye ryo ku wa Gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, umuhanzikazi wo muri Uganda…

13 hours ago

Bushali yasogongeje abakunzi be album yise ‘Full Moon’ ishingiye ku buzima yanyuzemo

Kera kabaye umuraperi w'injyana ya KinyaTrap, Bushali yumvishije abakunzi be album yise ‘Full Moon’ yakomeje…

13 hours ago