IMIKINO

Aliou Cissé wahesheje igikombe cya Afurika ikipe ya ‘Senegal’ yirukanwe

Amakuru aravuga ko umutoza Aliou Cissé wahesheje ikipe y’igihugu ya Senegal igikombe cya Afurika mu mwaka 2021 yamaze kwirukanwa.

Advertisements

Amakuru yemezwa n’ibinyamakuru byo mu gihugu cya Senegal, biravuga ko Aliou Cissé atakiri umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’abagabo nk’uko bimaze gutangazwa mu masaha make n’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Senegal.

Uyu mutoza w’imyaka 48 y’amavuko byamaze kwemezwa ko yatandukanye n’ikipe ya ‘Taranga Lions’ kuri uyu wa gatatu tariki 2 Ukwakira 2024.

Ibinyamakuru by’imikino byemeje ko Cissé yirukanwe n’Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Senegal nyuma yo gushidikanya ku musaruro we utari mwiza kuri ubu.

Mu mikino yavuba aha aheruka gukina, Aliou Cissé n’abakinnyi be barimo Sadio Mane, baheruka gutsinda ikipe y’u Burundi igitego 1-0 nabwo cyatsinzwe kuri penaliti itaravuzweho rumwe, ndetse n’umukino Senegal yanganyijemo na Benin 1-1 mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika.

Ni mugihe iri shyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Senegal ryatangiye gushaka umusimbura wa Aliou Cissé.

Mu itangazo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Senegal (FSF) ryashyize hanze ryashimiye Aliou Cissé wagize uruhare mu kubaka umupira w’amaguru muri iki gihugu ndetse agahesha n’ikipe y’igihugu igikombe cya Afurika umwaka 2021. Gusa bemeza ko igihe cyari kigeze ngo batandukane ku buryo ntayandi masezerano yakongerwa.

Aliou Cissé wakanyujijeho ubwo yakiniraga ikipe y’igihugu ya Senegal, yahawe akazi ko gutoza ikipe y’igihugu ya Senegal mu mwaka 2015.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago