KWIYAMAMAZA

Amerika: Abakandida ku mwanya wa Visi-Perezida bagiranye ibiganiro mpaka

Abakandida ku mwanya wa Visi-Perezida wa Repubulika b’amashyaka abiri ya mbere akomeye muri Leta Zunze za Amerika, Umurepubulikani JD Vance n’Umudemokarate Tim Walz, bashoje ikiganiro-mpaka cyamaze isaha n’igice kuri televiziyo CBS.

Gishobora kuba ari cyo cyonyine rukumbi hagati, n’icya nyuma hagati y’abakandida bose n’abo ku mwanya w’ukuru w’igihug, kugera ku munsi wa nyuma w’amatora, tariki ya 5 y’ukwa 11 gutaha.

Ikibazo cya mbere na mbere, abanyamakuru bayoboye ikiganiro babajije abakandida bombi niba bashyigikiye ko Isiraheli irasa Irani. Ni nyuma gato y’uko Irani yarashe muri Isiraheli bya misile bigera kw’180. Mu by’ukuri, nta n’umwe muri bo wavuze yatuye ngo “yego” cyangwa ngo “oya.” Tim Walz ni we bakibajije bwa mbere.

Yagize ati: “Mwabyiboneye uyu munsi. Twafatanyije n’inshuti yacu Isiraheli n’abandi turi kumwe mu rugaga, tubambira igitero. 

Ariko igikomeye, ubuyobozi bw’Amerika muri ibi ni cyo dukwiye gutindaho.” 

Walz yikomye uwahoze ari umukuru w’igihugu, Donald Trump, avuga ko ari “ishyano” kandi ko atabereye kugaruka ku butegetsi.

Naho Vance avuga ko Trump, akiri perezida wa Repubulika, yazanye umudendezo kw’isi.

Yavuze ko “Donald Trump yabikoze ashyiraho ingamba zo gukumira. Nyamari Irani yakoze ibi bitero kubera ko guverinoma y’Amerika, na Kamala Harris arimo, yafunguriye Irani amadolari arenga miliyari ijana Amerika yari yarafatiriye bituma ibasha lugira ibirwaro yakoresheje uyu munsi.”

Mu bindi bibazo harimo icy’imihindagurikire y’ibihe n’ingaruka zabyo, bahereye kuri serwakira Helene imaze guhitano abantu barenga 150 muri iyi minsi muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

By’umwihariko, abanyamakuru bababajije niba iki kibazo ari igihimbano, nk’uko Trump ahora abivuga. Vance yashubije ko ari “ikibazo gikomeye cyane.” 

Ati: “Dukeneye ibidukikije bitekanye kandi biduha umutekano.” Vance we yibanze ku byo guverinoma ya Biden-Harris irimo ibyitwaramo. Ati: “Irakora byose kugirango abo yakozeho bagaruke mu buzima busanzwe.”

Ku kibazo cy’abimukira, abanyamakuru babajije Vance ku mugambi wa Trump (bari kuri tike imwe) wo gushushubikanya hanze y’igihugu abimukira ibihumbi n’ibihumbi. 

Yashubije ko aba mbere bizanaho ari abimukira bafite ibyaha by’ubwicanyi. Ashinja Kamala Harris ko afite uruhare runini muri iki kibazo, ngo “yabafunguriye imiryango y’igihugu.”

Naho Walz yashimangiye ko ikibazo cyabaye akananira Mana kubera uruhare rwa Trump mu kwica umushinga w’itegeko Perezida Joe Biden na Visi-Perezida we Kamala Harris bahaye inteko ishinga amategeko. “Trump yategetse abayoboke be bayirimo kuwukubita hasi, ntiwarenga umutaru.” Arega tike Trump-Vance kwambura ubumuntu abimukira.

Ibindi byibanze kuri politiki z’imbere mu gihugu, nk’ikirebana n’uburenganzira bw’abagore bwo gukuramo inda ku bushake bwabo bitewe n’impamvu zitandukanye, ikibazo cy’intwaro ziri muri rubanda zidasiba koreka imbaga, ibiciro byiyongereye cyane bikabije, ikibazo cya “mutuelle de sante,” ibibazo by’umuryango n’urubyaro, n’ibindi n’ibindi.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago