IMIKINO

APR WBBC na REG WBBC zigiye guhatanira igikombe cya shampiyona

APR WBBC na REG WBBC zabashije gukatisha itike yo gukina imikino ya nyuma ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’ mu bagore, igomba gutanga igikombe cya shampiyona muri basketball.

APR WBBC yabigezeho nyuma yo gutsinda imikino 3-0 isezerera GS Marie Reine muri ½ mu mikino ya kamparampaka itanu yagomba gukinwa.

Intsinzi ya gatatu ya APR BBC mu bagore yayigezeho nyuma yo gutsinda GS Marie Reine amanota 86-45, mu mukino wabaye kuri uyu wa gatatu tariki 2 Ukwakira 2024, muri Petit Stade.

Ni mugihe kurundi ruhande ikipe ya REG WBBC nayo yatsindaga ikipe ya Kepler WBBC amanota 70-56, igahita igera ku mukino wa nyuma isanga APR WBBC.

Ikipe ya REG WBBC yageze ku mukino wa nyuma wa kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’ uyu mwaka nyuma yo gutsinda imikino 3-0 Kepler WBBC.

Uyu mukino wakurikiye uwari wabanje wa APR WBBC na GS Marie Reine wabereye nawo kuri Petit Stade.

Biteganyijwe ko imikino ya nyuma ya kamparampaka ‘BetPawa Playoffs’ mu bagore izatangira kuri uyu wa Gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, kuri Petit Stade i Remera ahakinwa imikino irindwi, ikipe izegukana intsinzi y’imikino ine mbere niyo izabasha guhabwa igikombe cya shampiyona. 

Aho umukino wa REG WBBC na APR WBBC uzaba guhera Saa Mbili n’igice z’ijoro (20h30), ariko ukazabanzirizwa no gukinira umwanya wa gatatu, uzahuza GS Marie Reine na REG WBBC guhera Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba (18h00).

Christian

Recent Posts

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 hours ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

4 hours ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

21 hours ago

U Burundi bwavuze ko ntaho buhuriye n’igitero cyagabwe i Bukavu

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…

1 day ago

Umutoza Jose Mourinho yahawe ibihano

José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…

1 day ago

Agezweho: Inama yariteraniye i Bukavu haturikiye igisasu, Bisimwa atangaza ababyihishe inyuma

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…

2 days ago