IMYIDAGADURO

Ibirego bishinjwa P. Diddy byajemo n’umwana w’imyaka 9 wafashwe ku ngufu

Ibirego umuraperi P. Diddy ashinjwa by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, byikubye biva kuri bitatu byiyongeraho ibindi bishya 120 harimo n’umwana w’imyaka icyenda w’umuhungu wafashwe ku ngufu.

Advertisements

Ibirego umuraperi P. Diddy ashinjwa by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, byikubye biva kuri bitatu byiyongeraho ibindi bishya 120 harimo n’umwana w’imyaka icyenda w’umuhungu wafashwe ku ngufu.

Kuri uyu wa 01 Ukwakira 2024, nibwo umunyamategeko Tony Buzbee wo mu rugaga rw’abavoka muri Houston yakoresheje ikiganiro n’itangazamakuru avuga ibintu byinshi kuri Diddy byatunguranye.

Muri iki kiganiro, yavuze ko afite ibirego 120 agiye gushyikiriza  urukiko bishinja Diddy, ashimangira ko atari byo gusa, kuko ngo yakiriye byinshi bimwe arabireka kuko nta bimenyetso bihagije bamuhaga.

Yavuze ko ibyo birego ari iby’abagore n’abagabo bafashwe ku ngufu, ariko hakaba harimo n’iby’abana bato harimo umuhungu ufite imyaka icyenda wafashwe ku ngufu na Diddy amusezeranya kumufasha mu muziki.

Tony Buzbee yavuze ko umunsi urubanza ruzatangira, abantu bazumvamo andi mazina akomeye ku rwego rumwe n’urwa Diddy cyagwa se anamurenze.

Ibirego Tony Buzbee yakiriye yavuze ko byabaye hagati y’umwaka wa 2000 na 2010 aho abahohotewe bari hagati y’imyaka 9 na 38.

Uyu munyamategeko mu Cyumweru cyashize akaba ari bwo yari yatangaje ko afite ibirego birenga 50 yitegura gushyikiriza urukiko ndetse icyo gihe yari yavuze ko abo Diddy yahohoteye yabikoraga mu buryo buteye ubwoba.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago