INKURU ZIDASANZWE

Umugore w’umwana umwe yakubiswe n’inkuba ahita apfa

Umugore w’umwana umwe witwa Nyirangirimana Euphraise w’imyaka 25 wo mu Mudugudu wa Musasa, Akagari ka Raro, Umurenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke yakubiswe n’inkuba mu mvura yagwaga mu ma Saa Cyenda z’igicamunsi ku wa Kabiri, tariki ya 1 Ukwakira ahita apfa.

Advertisements

Umwe mu bo mu muryango we yabwiye Imvaho Nshya ko ubwo imvura nyinshi yagwaga muri ariya masaha y’igicamunsi, Nyirangirimana wari uri mu nzu, yasohotse ajya mu gikoni inkuba imukubitira mu muryango winjiramo, ahita ahagwa.

Ati: “Yari wenyine mu rugo, umugabo yagiye muri santere y’ubucuruzi ya Tyazo, umwana bafite yagiye kwa nyirakuru, amakuru amaze kumenyekana ko inkuba imwishe, turahagera duhamagara ubuyobozi bw’Akagari n’inzego z’umutekano barahagera kuko twe twari twanze kumukoraho Urw’igihugu rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rutarahagera ngo rugire icyo rubivugaho, ruhageze umurambo ujyanwa ku kigo nderabuzima cya Ruheru.’’

Avuga ko umurambo utatinze ku kigo nderabuzima cya Ruheru,wahise ugarurwa mu rugo, aho ushyingurwa ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu,tariki ya 2 Ukwakira.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanjongo, cyimana Kanyogote Juvénal, yemereye Imvaho Nshya aya makuru, asaba abaturage kwirinda cyane ibyatuma bakubitwa n’inkuba muri ibi bihe imvura nyinshi yatangiye kugwa.

Ati: “Turabasaba kwirinda kujarajara imvura iguye bakugama,ntibugame munsi y’ibiti cyangwa mu mitaka ishobora kubateza inkuba, bakanirinda ibindi nko kuvugira kuri telefoni, kugira ibyo bacomeka n’ibindi.

Nyakwigendera Nyirangirimana Euphraise asize umugabo n’umwana.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago