INKURU ZIDASANZWE

Umugore w’umwana umwe yakubiswe n’inkuba ahita apfa

Umugore w’umwana umwe witwa Nyirangirimana Euphraise w’imyaka 25 wo mu Mudugudu wa Musasa, Akagari ka Raro, Umurenge wa Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke yakubiswe n’inkuba mu mvura yagwaga mu ma Saa Cyenda z’igicamunsi ku wa Kabiri, tariki ya 1 Ukwakira ahita apfa.

Umwe mu bo mu muryango we yabwiye Imvaho Nshya ko ubwo imvura nyinshi yagwaga muri ariya masaha y’igicamunsi, Nyirangirimana wari uri mu nzu, yasohotse ajya mu gikoni inkuba imukubitira mu muryango winjiramo, ahita ahagwa.

Ati: “Yari wenyine mu rugo, umugabo yagiye muri santere y’ubucuruzi ya Tyazo, umwana bafite yagiye kwa nyirakuru, amakuru amaze kumenyekana ko inkuba imwishe, turahagera duhamagara ubuyobozi bw’Akagari n’inzego z’umutekano barahagera kuko twe twari twanze kumukoraho Urw’igihugu rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rutarahagera ngo rugire icyo rubivugaho, ruhageze umurambo ujyanwa ku kigo nderabuzima cya Ruheru.’’

Avuga ko umurambo utatinze ku kigo nderabuzima cya Ruheru,wahise ugarurwa mu rugo, aho ushyingurwa ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu,tariki ya 2 Ukwakira.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanjongo, cyimana Kanyogote Juvénal, yemereye Imvaho Nshya aya makuru, asaba abaturage kwirinda cyane ibyatuma bakubitwa n’inkuba muri ibi bihe imvura nyinshi yatangiye kugwa.

Ati: “Turabasaba kwirinda kujarajara imvura iguye bakugama,ntibugame munsi y’ibiti cyangwa mu mitaka ishobora kubateza inkuba, bakanirinda ibindi nko kuvugira kuri telefoni, kugira ibyo bacomeka n’ibindi.

Nyakwigendera Nyirangirimana Euphraise asize umugabo n’umwana.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

12 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

12 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

13 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago