Umunyamakuru Cyuzuzo Jeanne d’Arc wari umaze imyaka itanu kuri Radiyo Kiss FM yarangije gutangaza ko yayisezeyeho agiye gutangira urundi rugendo rushya.
Mu butumwa yacishije ku rukuta rwe rwa Instagram kuri uyu 02 Ukwakira 2024, yavuze ko nyuma y’imyaka itanu, akora kuri Kiss FM, byari imyaka y’ibyishimo gusa ko bibaye ngombwa ko abihagarika.
Ati “Nyuma y’imyaka itanu kuri Kiss FM, mpisemo gutera indi ntambwe nkava ku mwanya wanjye. Ndashima Imana kuri iki gihe cyose.”
“Nagiranye ibihe byiza n’abantu twakoranye kandi ndashimira buri wese wanyeretse urukundo muri iki gihe. Imana izampe umugisha mu rugendo rushya.”
Cyuzuzo ahisemo gusezera nyuma y’uko nta minsi yari iciyeho undi munyamakuru Andy Bumuntu nawe atangaje ko asezeye kuri iyi Radiyo.
Iyi Radio kandi yatakaje undi munyamakuru warukomeye cyane Butera Isheja Sandrine wagizwe Umuyobozi Wungirije mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, RBA, gusa yaje gusimburwa na Anitha Pendo watangiye akazi kuri ubu.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…