Umunyamakuru Cyuzuzo Jeanne d’Arc wari umaze imyaka itanu kuri Radiyo Kiss FM yarangije gutangaza ko yayisezeyeho agiye gutangira urundi rugendo rushya.
Mu butumwa yacishije ku rukuta rwe rwa Instagram kuri uyu 02 Ukwakira 2024, yavuze ko nyuma y’imyaka itanu, akora kuri Kiss FM, byari imyaka y’ibyishimo gusa ko bibaye ngombwa ko abihagarika.
Ati “Nyuma y’imyaka itanu kuri Kiss FM, mpisemo gutera indi ntambwe nkava ku mwanya wanjye. Ndashima Imana kuri iki gihe cyose.”
“Nagiranye ibihe byiza n’abantu twakoranye kandi ndashimira buri wese wanyeretse urukundo muri iki gihe. Imana izampe umugisha mu rugendo rushya.”
Cyuzuzo ahisemo gusezera nyuma y’uko nta minsi yari iciyeho undi munyamakuru Andy Bumuntu nawe atangaje ko asezeye kuri iyi Radiyo.
Iyi Radio kandi yatakaje undi munyamakuru warukomeye cyane Butera Isheja Sandrine wagizwe Umuyobozi Wungirije mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, RBA, gusa yaje gusimburwa na Anitha Pendo watangiye akazi kuri ubu.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…