IMYIDAGADURO

Umunyamakuru Cyuzuzo warumaze igihe akorera Radio Kiss FM yayisezeye

Umunyamakuru Cyuzuzo Jeanne d’Arc wari umaze imyaka itanu kuri Radiyo Kiss FM yarangije gutangaza ko yayisezeyeho agiye gutangira urundi rugendo rushya.

Mu butumwa yacishije ku rukuta rwe rwa Instagram kuri uyu 02 Ukwakira 2024, yavuze ko nyuma y’imyaka itanu, akora kuri Kiss FM, byari imyaka y’ibyishimo gusa ko bibaye ngombwa ko abihagarika.

Ati “Nyuma y’imyaka itanu kuri Kiss FM, mpisemo gutera indi ntambwe nkava ku mwanya wanjye. Ndashima Imana kuri iki gihe cyose.”

“Nagiranye ibihe byiza n’abantu twakoranye kandi ndashimira buri wese wanyeretse urukundo muri iki gihe. Imana izampe umugisha mu rugendo rushya.”

Cyuzuzo ahisemo gusezera nyuma y’uko nta minsi yari iciyeho undi munyamakuru Andy Bumuntu nawe atangaje ko asezeye kuri iyi Radiyo.

Iyi Radio kandi yatakaje undi munyamakuru warukomeye cyane Butera Isheja Sandrine wagizwe Umuyobozi Wungirije mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, RBA, gusa yaje gusimburwa na Anitha Pendo watangiye akazi kuri ubu.

Cyuzuzo yasezeye kuri Radio Kiss FM yaramaze imyaka itanu akorera
Cyuzuzo Jean d’Arc yarakunzwe mu biganiro byatambukaga kuri Radio Kiss FM

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago