INKURU ZIDASANZWE

Ingabo za Mozambike niza RDF zarwanyije ibyihebe, 4 barahagwa

Igisirikare cya Mozambique (FADM) cyatangaje ko abasirikare bacyo bane baguye mu mirwano ikomeye cyo kimwe n’ingabo z’u Rwanda ubwo baherukaga kurwanya ibyihebe mu gace ka Mucojo.

Ni imirwano yabereye mu gace ka Mucojo gaherereye mu karere ka Macomia ho mu ntara ya Cabo Delgado, ku wa 25 Nzeri 2024.

Umuyobozi w’Ingabo za Mozambique ziri mu bikorwa bya gisirikare muri Cabo Delgado, Brig Gen Omar Saranga, yabwiye Televiziyo y’igihugu cya Mozambique (TVM) ko iyo mirwano yiciwemo abasirikare bane ba FADM, ndetse ko igisirikare cya Mozambique gikomeje kugorwa cyane no kwambura ibyihebe agace ka Mucojo.

Amakuru aturuka muri iki gisirikare avuga ko ibyihebe bya Ansar Al-Sunna byigabanyije mu dutsiko duto kandi dutatanye, ikaba imwe mu mbogamizi ingabo zihanganye na byo zikomeje guhura na zo.

Indi mbogamizi ngo ni uko byateze ibiturika mu marembo yinjira i Mucojo uva i Macomia.

Usibye abasirikare ba Leta ya Mozambique baguye mu mirwano yo ku wa 25 Nzeri, Gen Saranga yatangaje ko hari n’ibyihebe 10 byayiciwemo; ibindi bine bifatwa mpiri.

Christian

Recent Posts

Amatariki y’umukino wa APR Fc na Rayon Sports yahinduwe, ntibyakirwa neza

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko Umukino wagombaga guhuza APR FC na Rayon Sports…

4 hours ago

Paul Pogba agiye kugaruka mu kibuga nyuma yo kugabanyirizwa ibihano

Umufaransa Paul Pogba wegukanye igikombe cy'Isi 2018, wari warafatiwe ibihano byo kumara imyaka ine adakina…

6 hours ago

REG WBBC yatsinze APR WBBC yegukanye umukino wa mbere muri ‘BetPawa Playoffs’ 2024

Mu mukino utari woroshye ikipe ya REG REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 68-67 mu…

8 hours ago

Sinzi niba amatora yo muri Amerika azaba ari amahoro – Biden

Ku wa gatanu, tariki ya 4 Ukwakira, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe…

9 hours ago

Sheebah Karungi yagaragaye mu gitaramo akuriwe-Amafoto

Mu ijoro ryakeye ryo ku wa Gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, umuhanzikazi wo muri Uganda…

10 hours ago

Bushali yasogongeje abakunzi be album yise ‘Full Moon’ ishingiye ku buzima yanyuzemo

Kera kabaye umuraperi w'injyana ya KinyaTrap, Bushali yumvishije abakunzi be album yise ‘Full Moon’ yakomeje…

10 hours ago