INKURU ZIDASANZWE

Meteo Rwanda yaburiye abaturage umuyaga uteganyijwe ushobora gushyira benshi mu kaga

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko hagati ya tariki 3-4 Ukwakira 2024, mu gihugu hose hateganyijwe umuyaga mwinshi ufite umuvuduko kuva kuri metero 6 kugeza kuri metero 13 ku isegonda.

Advertisements

Mu itangazo rya Meteo Rwanda bubinyujije ku rubuga rwa X, bwibukije inzego zitandukanye ndetse n’abaturarwanda gufata ingamba zo kwirinda ingaruka zaturuka kuri uwo muyaga.

Bugira buti: “Meteo Rwanda irashishikariza inzego zifite mu nshingano gukumira ibiza ndetse n’Abaturarwanda muri rusange gufata ingamba zijyanye no kwirinda ingaruka ziterwa n’umuyaga mwinshi, hashingiwe ku byegeranyo by’amakuru y’iteganyagihe.”

Umuyaga uri hejuru ya 12m/s, uteganyijwe mu Turere twa Kirehe, Rutsiro, mu bice by’Amajyaruguru y’Uturere twa Rubavu, Nyabihu na Nyamasheke ndetse no mu Burengerazuba bw’Uturere twa Karongi na Musanze.

Umuyaga mwinshi uri hagati ya 8m/s na 12m/s uteganyijwe mu bice byinshi by’Intara y’Iburasirazuba ukuyemo Pariki y’Igihugu y’Akagera, Akarere ka Rwamagana no mu Burengerazuba bw’Akarere ka Ngoma, uteganyijwe kandi mu bice bisigaye by’Intara y’Uburengerazuba ndetse n’iby’Akarere ka Musanze, mu Majyaruguru y’Akarere ka Gicumbi no mu Burengerazuba bwa Nyamagabe ndetse no mu Karere ka Burera.

Ahandi hasigaye mu gihugu hateganyijwe umuyaga uringaniye ushyira mwinshi ufite umuvuduko uri hagati ya 6m/s na 8m/s.

Ubuyobozi bwa Meteo Rwanda bwanagarutse ku ngaruka ziterwa n’umuyaga mwinshi zirimo kuguruka kw’ibisenge bitaziritse neza, kugwa kw’amashami y’ibiti ndetse na Serwakira.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago