MU MAHANGA

Gen Muhoozi yikomye Ambasaderi wa Amerika muri Uganda wubahutse Se

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, akaba n’imfura ya Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yatangaje ko Uganda agiye guhangana na Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri iki gihugu ashinja kubahuka Se.

Advertisements

Ni mu magambo arimo amagambo adaca ku ruhande Gen Muhoozi yanyujije mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X.

Yagize ati: “Bavandimwe banya-Uganda, ni inshingano zanjye zikomeye kubamenyesha mwese ko twe nk’igihugu turi hafi guhangana bikomeye na Ambasaderi wa Amerika uriho mu gihugu cyacu, ku bwo kubahuka Perezida wacu dukunda kandi twishimira ndetse no gutesha agaciro itegekonshinga rya Uganda.”

Gen Muhoozi ntiyigeze asobanura amakosa Ambasaderi William Popp yaba yarakoze.

Uyu musirikare usanzwe ari umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni icyakora yikomye uriya mudipolomate, nyuma y’umunsi umwe Ambasade ya Amerika i Kampala itangaje ko hari abapolisi ba Uganda Washington yafatiye ibihano ibashinja guhonyora uburenganzira bwa muntu.

Aba bashinjwa iyicarubozo, ubugome, ibikorwa bya kinyamaswa ndetse no gutanga ibihano bikakaye barimo Bob Kagarura, Alex Mwine, Elly Womanya na Hamdani Twesigye bose basanzwe ari abapolisi bakuru muri Uganda.

Ibihano bafatiwe birimo kuba bo n’imiryango yabo batemerewe gukandagira muri Amerika.

Iki gihugu kandi kimaze igihe cyarafatiye ibihano bamwe mu basirikare bakuru muri Uganda ndetse n’abayobozi baho kibashinja guhonyora uburenganzira bwa muntu n’ibyaha bya ruswa.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago