IMYIDAGADURO

Umuhanzikazi w’Umunyarwanda yasezerewe mu kigo ngororamuco

Umwe mu bakobwa bakomoka ku babyeyi ba Banyarwanda bakorera umuziki wabo mu gihugu cya Uganda Fille Umutoni yamaze gusezererwa mu kigo ngororamuco yaramazemo amezi atandatu.

Fille warumaze kwigarurira abakunzi batari bake kubera igikundiro yari yajyanwe mu kigo ngororamuco nyuma yo kubatwa n’ibiyobyabwenge. 

Ni amakuru yamenyekanye atangajwe na MC Kats, wishimiye kongera kubona umukunzi agururwa ibuzima nyuma y’igihe atorohewe n’ibibazo by’iyobyabwenge byatumaga ubona ko ata umurongo bikanabaviramo guhora bashwana bya hato na hato.

Uyu MC Kats niwe banabyaranye umwana w’umukobwa bise Abigail Farica Bwiza Kisakye.

Mu mashimwe yatangaje MC Kats yagize ati “Ameze neza. Ndishimye kuba inshuti yanjye ivuye mu kigo ngororamuco kuko biba ari urugendo rutoroshye. Igihe cy’amezi atandatu ni kinini cyane.”

Uyu mugabo yavuze ko Fille yatangiye gukoresha ibiyobyabwenge ubwo bari bagitangira kugirana amakimbirane mu rukundo rwabo.

Ni ibintu avuga byatewe n’ikigare cy’inshuti ze zagiye zimwoshya zimubwira ko gukoresha ibyo biyobyabwenge byatuma yiyibagiza ibibazo yarafite.

Kuko byaje gutuma aba bombi bigeraho mu mwaka 2023 bagatandukana, kuko yarushijeho gufata ibiyobyabwenge cyane bikubitana n’ikibazo cy’ubukene yahuye nacyo, bitumwa bimubata cyane yisanga yagiye mu kigo ngororamuco.

Bivugwa ko MC Kats na Fille Umutoni bashobora gusubirana nyuma y’imyaka 10 bamaze bakundana.

Fille Umutoni n’ubwo afite ubwenegihugu bwa Uganda akomoka ku babyeyi ba Banyarwanda, kuri Se umubyara witwa Peter Rwibasira na Mama we Odette Rwibasira.

MC Kats akiryoshye mu rukundo na Fille Umutoni
Bombi bafitanye umwana w’umukobwa
Bakanyujijeho mu rukundo MC Kats na Fille Umutoni

Christian

Recent Posts

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

5 hours ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

7 hours ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

24 hours ago

U Burundi bwavuze ko ntaho buhuriye n’igitero cyagabwe i Bukavu

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…

1 day ago

Umutoza Jose Mourinho yahawe ibihano

José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…

1 day ago

Agezweho: Inama yariteraniye i Bukavu haturikiye igisasu, Bisimwa atangaza ababyihishe inyuma

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…

2 days ago