IMYIDAGADURO

Umuhanzikazi w’Umunyarwanda yasezerewe mu kigo ngororamuco

Umwe mu bakobwa bakomoka ku babyeyi ba Banyarwanda bakorera umuziki wabo mu gihugu cya Uganda Fille Umutoni yamaze gusezererwa mu kigo ngororamuco yaramazemo amezi atandatu.

Advertisements

Fille warumaze kwigarurira abakunzi batari bake kubera igikundiro yari yajyanwe mu kigo ngororamuco nyuma yo kubatwa n’ibiyobyabwenge. 

Ni amakuru yamenyekanye atangajwe na MC Kats, wishimiye kongera kubona umukunzi agururwa ibuzima nyuma y’igihe atorohewe n’ibibazo by’iyobyabwenge byatumaga ubona ko ata umurongo bikanabaviramo guhora bashwana bya hato na hato.

Uyu MC Kats niwe banabyaranye umwana w’umukobwa bise Abigail Farica Bwiza Kisakye.

Mu mashimwe yatangaje MC Kats yagize ati “Ameze neza. Ndishimye kuba inshuti yanjye ivuye mu kigo ngororamuco kuko biba ari urugendo rutoroshye. Igihe cy’amezi atandatu ni kinini cyane.”

Uyu mugabo yavuze ko Fille yatangiye gukoresha ibiyobyabwenge ubwo bari bagitangira kugirana amakimbirane mu rukundo rwabo.

Ni ibintu avuga byatewe n’ikigare cy’inshuti ze zagiye zimwoshya zimubwira ko gukoresha ibyo biyobyabwenge byatuma yiyibagiza ibibazo yarafite.

Kuko byaje gutuma aba bombi bigeraho mu mwaka 2023 bagatandukana, kuko yarushijeho gufata ibiyobyabwenge cyane bikubitana n’ikibazo cy’ubukene yahuye nacyo, bitumwa bimubata cyane yisanga yagiye mu kigo ngororamuco.

Bivugwa ko MC Kats na Fille Umutoni bashobora gusubirana nyuma y’imyaka 10 bamaze bakundana.

Fille Umutoni n’ubwo afite ubwenegihugu bwa Uganda akomoka ku babyeyi ba Banyarwanda, kuri Se umubyara witwa Peter Rwibasira na Mama we Odette Rwibasira.

MC Kats akiryoshye mu rukundo na Fille Umutoni
Bombi bafitanye umwana w’umukobwa
Bakanyujijeho mu rukundo MC Kats na Fille Umutoni

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

6 hours ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago