IMYIDAGADURO

Bushali yasogongeje abakunzi be album yise ‘Full Moon’ ishingiye ku buzima yanyuzemo

Kera kabaye umuraperi w’injyana ya KinyaTrap, Bushali yumvishije abakunzi be album yise ‘Full Moon’ yakomeje gutegerezwa na benshi, mu birori byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 4 Ukwakira 2024.

Ni mu birori byabereye muri BK Arena byitabirwa n’abantu bake, aho Bushali yasobanuye byinshi kuri iyi album, ndetse avuga ko yagizwemo uruhare n’abasirikare babiri b’inshuti ze ndetse n’umugore we.

Ni album ‘Full Moon’ igizwe n’indirimbimo 17, ikaba yarakozwe na producer batandukanye.

Yashimangiye ko iyi album ishingiye ku buzima yanyuzemo, avuga ko impamvu yahisemo kuyita Full Moon, ari uko ukwezi ari ingirakamaro mu buzima bw’umuntu.

Yagaragaje ko ukwezi gutanga urumuri mu ijoro, by’umwihariko avuga ko abashinzwe umutekano babyumva neza kurusha abandi.

Bamwe mu baje kumva iyi album, barimo Kivumbi King, Juno Kizigenza, Bruce The 1st, Rocky Kimomo, Anita Pendo, Davis D n’abandi batandukanye.

Nyuma y’uko arangije kubumvisha iyi album, habayeho igikorwa cyo kugura imipira yanditseho izina ry’iyi album mu rwego rwo kumutera inkunga, aho Anita Pendo yahise atanga bihumbi 100.

Iyi ni album byari byitezwe ko ijya hanze ku wa 18 Nzeri 2024 ariko ntibyakunda, ikaba iriho abahanzi batandukanye bakoranye barimo Kivumbi King, B-Threy na Khaligraph Jones.

Christian

Recent Posts

Paul Pogba agiye kugaruka mu kibuga nyuma yo kugabanyirizwa ibihano

Umufaransa Paul Pogba wegukanye igikombe cy'Isi 2018, wari warafatiwe ibihano byo kumara imyaka ine adakina…

7 mins ago

REG WBBC yatsinze APR WBBC yegukanye umukino wa mbere muri ‘BetPawa Playoffs’ 2024

Mu mukino utari woroshye ikipe ya REG REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 68-67 mu…

2 hours ago

Sinzi niba amatora yo muri Amerika azaba ari amahoro – Biden

Ku wa gatanu, tariki ya 4 Ukwakira, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe…

3 hours ago

Sheebah Karungi yagaragaye mu gitaramo akuriwe inda nkuru-Amafoto

Mu ijoro ryakeye ryo ku wa Gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, umuhanzikazi wo muri Uganda…

4 hours ago

Gen Muhoozi yikomye Ambasaderi wa Amerika muri Uganda wubahutse Se

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, akaba n'imfura ya Perezida wa Uganda Yoweri…

1 day ago

P. Diddy yahawe umucamanza mushya washyizweho na Perezida Joe Biden

Kuri uyu wa 03 Ukwakira 2024 nibwo hasohotse itangazo rivuga ko Arun Subramanian ari we…

1 day ago