Kera kabaye umuraperi w’injyana ya KinyaTrap, Bushali yumvishije abakunzi be album yise ‘Full Moon’ yakomeje gutegerezwa na benshi, mu birori byabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 4 Ukwakira 2024.
Ni mu birori byabereye muri BK Arena byitabirwa n’abantu bake, aho Bushali yasobanuye byinshi kuri iyi album, ndetse avuga ko yagizwemo uruhare n’abasirikare babiri b’inshuti ze ndetse n’umugore we.
Ni album ‘Full Moon’ igizwe n’indirimbimo 17, ikaba yarakozwe na producer batandukanye.
Yashimangiye ko iyi album ishingiye ku buzima yanyuzemo, avuga ko impamvu yahisemo kuyita Full Moon, ari uko ukwezi ari ingirakamaro mu buzima bw’umuntu.
Yagaragaje ko ukwezi gutanga urumuri mu ijoro, by’umwihariko avuga ko abashinzwe umutekano babyumva neza kurusha abandi.
Bamwe mu baje kumva iyi album, barimo Kivumbi King, Juno Kizigenza, Bruce The 1st, Rocky Kimomo, Anita Pendo, Davis D n’abandi batandukanye.
Nyuma y’uko arangije kubumvisha iyi album, habayeho igikorwa cyo kugura imipira yanditseho izina ry’iyi album mu rwego rwo kumutera inkunga, aho Anita Pendo yahise atanga bihumbi 100.
Iyi ni album byari byitezwe ko ijya hanze ku wa 18 Nzeri 2024 ariko ntibyakunda, ikaba iriho abahanzi batandukanye bakoranye barimo Kivumbi King, B-Threy na Khaligraph Jones.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…