IMIKINO

REG WBBC yatsinze APR WBBC yegukanye umukino wa mbere muri ‘BetPawa Playoffs’ 2024

Mu mukino utari woroshye ikipe ya REG REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 68-67 mu mukino wa mbere mu ya nyuma ya Kamarampaka muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri Basketball y’abagore.

Advertisements

Uyu mukino wabaye ku wa Gatanu, tariki 4 Ukwakira 2024 muri Petit Stade i Remera witabirwa na Minisitiri wa Siporo, Nyirishema Richard ari kumwe na Perezida wa FERWABA, Mugwiza Désiré.

Perezida wa FERWABA, Mugwiza Désiré arikumwe na Minisitiri wa Siporo Nyirishema Richard

Ni umukino wari witezwe cyane kuko uretse gutangira guhatanira igikombe cya shampiyona ya Basketball mu bari n’abategarugori.

APR WBBC yinjiye mu mukino kare, Umugwaneza Charlotte na Kamba Yoro Diakite bayitsindira amanota menshi.

Agace ka mbere karangiye APR WBBC iyoboye umukino n’amanota 22 kuri 15 ya REG WBBC.

Mu gace ka kabiri, REG WBBC yatangiranye imbaraga itangira kugabanya ikinyuranyo ibifashijwemo na Micomyiza Rosine Destiny Philoxy na Victoria Reynolds batsindaga cyane ndetse amakipe yombi anganya amanota 26-26.

Ku rundi ruhande APR WBBC yatakazaga imipira myinshi yatumaga REG WBBC yongera ikinyuranyo cy’amanota.

Aka gace karangiye REG BBC iyoboye umukino n’amanota 40 kuri 30 ya APR WBBC.

Mu gace ka gatatu, REG WBBC yakomeje kongera amanota ibifashijwemo na Micomyiza Rosine na Victoria Reynolds.

Ku rundi ruhande APR WBBC nayo yatsindaga amanota ifashijwe na Kamba Diakite.

Ako gace karangiye REG WBBC ikomeje kuyobora umukino n’amanota 53 Kuri 46 ya APR WBBC.

Mu gace ka nyuma, APR WBBC yagarukanye imbaraga itangira kugabanya ikinyuranyo ibifashijwemo na Kamba Diakte, Mugwaneza Charlotte na Asouma Uwizeye watsindaga amanota atatu.

Ku rundi ruhande REG BBC nayo yakomeje gutsinda amanota ibifashijwemo na Micyomyiza Rosine na Destiny Philoxy.

Umukino warangiye REG WBBC itsinze APR WBBC bigoranye amanota 68 -67 yegukana intsinzi ya mbere mu mikino ya nyuma ya kamarampaka.

Umukino wa kabiri uteganyijwe ku Cyumweru tariki 6 Ukwakira 2024 Kuri Petit Stade i Remera.

Amakipe yombi agomba guhura mu mikino irindwi, itanze indi gutsinda ine akaba ari yo yegukana Igikombe cya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagore.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago