IMYIDAGADURO

Sheebah Karungi yagaragaye mu gitaramo akuriwe-Amafoto

Mu ijoro ryakeye ryo ku wa Gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, umuhanzikazi wo muri Uganda Sheebah Karungi yatunguranye mu gitaramo atwite inda nkuru bigaragara ko yitegura kwibaruka umwana wa mbere.

Advertisements

Ni igitaramo cyabereye mu Mujyi wa Kampala yise ‘Neyanziza Concert’ i Lugogo Cricket Oval aho abantu baje ku bwinshi kwinjira byaje kuba ingorabahizi kuko ngo hari bamwe babikomerekeyemo.

Sheebah yinjiye ku rubyino yambaye utwenda tumugaragaza neza ku gice cy’inda ku buryo wabonaga ko atwite nta bisobanuro bindi bigusabye.

Yeretse abakunzi be ko atwite, nyuma y’uko abantu bakomeje kubivuga ariko akabitera utwatsi.

Ubwo yakoraga ikiganiro n’itangazamakuru cyagarukaga kuri iki gitaramo, yari yavuze ko abantu bazaza kureba ukuri kw’ibivugwa, none ntiyabatengushye.

Bamwe mu bahanzi bakunzwe bafatanyije na Sheebah ku rubyiniro barimo: Nina Roz, Fik Fameica, Lydia Jazmine, Beenie Gunter, King Saha, Grenade Official, Karole Kasita n’abandi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago