IMIKINO

Perezida wa FERWAFA, Alphonse yahaye impanuro ikipe y’igihugu ‘Amavubi’

Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Munyentwari Alphonse yasabye abakinnyi b’ikipe y’igihugu ko urugendo barimo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika bakwiriye gushyiramo ubwenge no gukunda igihugu cyabo.

Ibi yabigarutseho mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 6 Ukwakira 2024, ubwo yasuraga ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yari mu myitozo yo kwitegura imikino na Benin mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cy’ibihugu cya 2025.

Perezida wa FERWAFA, Munyentwari yabwiye abakinnyi b’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ ko u Rwanda rubashyigikiye mu rugendo barimo ariko kandi nabo bakwiriye kubanza kumenya ibyo barimo bakabishyiramo ubwenge ndetse no gukunda igihugu.

Ati “Turabasaba kuzirikana ibyo murimo mukoresha ubwenge, gukoresha umutima wo gukunda igihugu no kucyitangira n’imbaraga z’umubiri.”

Aha yongeyeho ko ikinyabupfura kiza cyuzuza ibyo bindi byose kugira ngo intsinzi bazayibone.

Ati “Turabasaba kugira ikinyabupfura no kumvira nk’uko mu bisanganwe.”

U Rwanda rumaze iminsi rwitegura imikino ibiri n’ikipe y’igihugu ya Benin mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika, aho tariki 11 Ukwakira 2024, Amavubi azakirwa na Benin muri Cote D’Ivoire aho iy’ikipe irimo kwakirira imikino yayo, ndetse na tariki 15 Ukwakira, aho u Rwanda ruzakira Benin kuri Stade Amahoro.

Perezida wa FERWAFA Munyentwari Alphonse arikumwe n’umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ Torsten Spittler
Ikipe y’Igihugu mu myitozo
U Rwanda ruri kwitegura imikino na Benin

Christian

Recent Posts

Kanye West yashinjwe gushaka kurya umwana na Nyina

Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…

2 days ago

REG WBBC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024, itsinze APR WBBC idakozemo-AMAFOTO

Ikipe ya REG WBBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball y’Abagore nyuma yo gutsinda APR…

4 days ago

Musengamana Béatha waririmbye ‘Azabatsinda Kagame’ yahawe inzu ihenze i Kamonyi (Amafoto)

Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda’ yifashishijwe cyane mu kwamamaza Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi…

5 days ago

Goma: Abaherutse kugwa mu mpanuka y’ubwato bashyinguwe mu marira

Imibiri y’abaherutse guhitanwa n’impanuka y’ubwato mu kiyaga cya Kivu yashyinguwe kuri uyu kane mu mujyi…

6 days ago

REG WBBC isigaje umukino umwe ikegukana igikombe cya shampiyona umwaka 2024

REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 82-66, ibona intsinzi ya gatatu mu mikino ya nyuma…

6 days ago

Abafite ubumuga bishimiye Bisi nshya kuko zizaborohereza ingendo

Kuri uyu wa 8 Ukwakira, nibwo ikigo gisanzwe gifite mu nshingano gutwara abagenzi mu buryo…

6 days ago