RWANDA

Rulindo: Umuntu bamuketseho Marburg ntiyafashwa kugeza apfuye

Kuwa 6 Ukwakira 2024, mu Karere ka Rulindo, Umurenge wa Murambi ku Kigo Nderabuzima cya Murambi haravugwa inkuru y’Umurwayi wagejejwe ku kigo Nderabuzima bamuketseho icyorezo cya Marburg yahise ahabwa akato ntiyavurwa bimuviramo urupfu.

Advertisements

Bamwe mubo mu muryango wa Mukakalisa witabye Imana babwiye BWIZA ko bashenguwe n’urupfu rw’umntu wabo, aho bavuga ko bakimugeza kwa muganga, babonye arutse amaraso bahita bamwitaza, abo mu muryango we bavuga ko bibajije ukuntu ahawe akato kandi uyu murwayi yari asanzwe ahivuriza bazi uburwayi afite bikabayobera.

Kuri ubu biravugwa ko abakozi bose bo kuri iki kigo Nderabuzima cya Murambi bishyize mukato,ari nabyo bamwe mu bakigana bavugako uyu witabye Imana yaba yazize.

Abagana iki kigo, baganiriye na BWIZA bavuga ko hagomba gushyirwaho uburyo abakora mu nzego z’ubuvuzi bafasha abarwayi mu gihe cy’ibyorezo, kuko bitabaye ibyo abantu bose bajya kwa muganga kwivuza bahagwa bitewe n’abaganga barimo guhita bishyira mu kato bakanga gufasha abarwayi bitwaje ko bababonyemo Marburg kandi batapimwe.

Nyakwigendera wapfuye ku munsi w’ejo tariki ya 7 Ukwakira 2024, abo mu muryango we bavuga ko uwo murambo wahise woroswa ku gitanda nta kindi wakorewe banasabye ko wajyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Rutongo aho utakwangirika bawihoreye intero ngo ni Marburg.

Igitangaje umuntu yakwibaza ni uburyo abari barwaje nyakwigendera bo bakomeje ibikorwa byabo no kwigendera mubo basnganywe mu gihe abaganga bo bamaze kwishyira mukato.

Ubwo twakoraga iyi nkuru twagerageje kuvugana n’inzego zifite ubuzima mu nshingano zabo, ntibyadukundira igihe hari amakuru baraduha turayabagezaho.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago