Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli, bikaba byagabanutse cyane ugereranyije n’ibyari bimaze amezi abiri bikurikizwa.
RURA mu itangazo yasohoye yavuze litiro ya lisansi itagomba kurenga Frw 1,574, mu gihe iya mazutu yo itagomba kurenga Frw 1,576.
Ibi biciro bisimbura ibyari byashyizweho muri Kanama aho litiro ya lisansi yaguraga Frw 1,629; mu gihe mazutu yaguraga Frw 1,652.
Ibi bivuze ko lisansi yagabanutseho Frw Frw 55, na ho mazutu igabanukaho Frw 76.
RURA yasobanuye ko igabanuka ryabayeho rishingiye “ku ihindagurika ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli riri kugaragara ku isoko mpuzamahanga”.
Ibiciro bishya byashyizweho bizageza mu Ukuboza uyu mwaka.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…