INKURU ZIDASANZWE

Perezida Museveni ari gushaka kunga umuhungu we na Ambasaderi wa Amerika baheruka gushyamirana

Kuwa Kane w’iki cyumweru, Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, arateganya guhura na Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu rwego rwo gushyira iherezo ku mwuka mubi ushingiye kuri dipolomasi Gen Muhoozi Kainerugaba aheruka guteza.

Iyo nama izabera muri Perezidansi ya Uganda byitezwe ko izanitabirwa na Gen Muhoozi cyo kimwe na Gen Jeje Odongo usanzwe ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika.

Iyi nama iyi nama igiye kuba nyuma y’uko ku wa Gatanu w’icyumweru gishize Gen Muhoozi usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda yari yahaye Ambasaderi William Popp igihe ntarengwa cyo kuba yasambye imbabazi Museveni, bitaba ibyo akirukanwa ku butaka bwa Uganda.

Uyu musirikare mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X yashinje uriya mudipolomate kubahuka Perezida Yoweri Museveni ndetse no kugaragaza imyitwarire idakwiriye umudipolomate, amuha ku wa Mbere tariki ya 7 Ukwakira nk’igihe ntarengwa cyo kuba yasabye imbabazi.

Amakuru avuga ko Gen Muhoozi yahoraga Ambasaderi William Popp kuba yaraherukaga gusaba Museveni kutaziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2026.

Kugeza ubu ntiharamenyekana ibyo Museveni n’umuhungu we bazaba baganira n’uriya mudipolomate.

Christian

Recent Posts

Amerika yohereje Ahmed Napoleon wasize akoze Jenoside mu Rwanda

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 4 Werurwe 2025, igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za…

20 minutes ago

Uganda: Umusirikare yishe umukunzi we kubera ibiryo

Kuwa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, Umusirikare wo mu Ngabo za Uganda, L / Cpl Sserunkuma…

3 hours ago

Hamenyekana icyatumye Karim Benzema ajya gukinira shampiyona yo muri Arabia Saudite

Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…

7 hours ago

Amerika yahagaritse inkunga ya gisirikare ku gihugu cya Ukraine

Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida…

8 hours ago

U Rwanda rwafatiwe ibihano n’ikindi gihugu gikomeye ku Isi

Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…

11 hours ago

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

1 day ago