INKURU ZIDASANZWE

Perezida Museveni ari gushaka kunga umuhungu we na Ambasaderi wa Amerika baheruka gushyamirana

Kuwa Kane w’iki cyumweru, Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, arateganya guhura na Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu rwego rwo gushyira iherezo ku mwuka mubi ushingiye kuri dipolomasi Gen Muhoozi Kainerugaba aheruka guteza.

Iyo nama izabera muri Perezidansi ya Uganda byitezwe ko izanitabirwa na Gen Muhoozi cyo kimwe na Gen Jeje Odongo usanzwe ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Amerika.

Iyi nama iyi nama igiye kuba nyuma y’uko ku wa Gatanu w’icyumweru gishize Gen Muhoozi usanzwe ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda yari yahaye Ambasaderi William Popp igihe ntarengwa cyo kuba yasambye imbabazi Museveni, bitaba ibyo akirukanwa ku butaka bwa Uganda.

Uyu musirikare mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X yashinje uriya mudipolomate kubahuka Perezida Yoweri Museveni ndetse no kugaragaza imyitwarire idakwiriye umudipolomate, amuha ku wa Mbere tariki ya 7 Ukwakira nk’igihe ntarengwa cyo kuba yasabye imbabazi.

Amakuru avuga ko Gen Muhoozi yahoraga Ambasaderi William Popp kuba yaraherukaga gusaba Museveni kutaziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri 2026.

Kugeza ubu ntiharamenyekana ibyo Museveni n’umuhungu we bazaba baganira n’uriya mudipolomate.

Christian

Recent Posts

Kanye West yashinjwe gushaka kurya umwana na Nyina

Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…

2 days ago

REG WBBC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024, itsinze APR WBBC idakozemo-AMAFOTO

Ikipe ya REG WBBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball y’Abagore nyuma yo gutsinda APR…

4 days ago

Musengamana Béatha waririmbye ‘Azabatsinda Kagame’ yahawe inzu ihenze i Kamonyi (Amafoto)

Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda’ yifashishijwe cyane mu kwamamaza Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi…

5 days ago

Goma: Abaherutse kugwa mu mpanuka y’ubwato bashyinguwe mu marira

Imibiri y’abaherutse guhitanwa n’impanuka y’ubwato mu kiyaga cya Kivu yashyinguwe kuri uyu kane mu mujyi…

6 days ago

REG WBBC isigaje umukino umwe ikegukana igikombe cya shampiyona umwaka 2024

REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 82-66, ibona intsinzi ya gatatu mu mikino ya nyuma…

6 days ago

Abafite ubumuga bishimiye Bisi nshya kuko zizaborohereza ingendo

Kuri uyu wa 8 Ukwakira, nibwo ikigo gisanzwe gifite mu nshingano gutwara abagenzi mu buryo…

6 days ago