INKURU ZIDASANZWE

Musengamana Béatha waririmbye ‘Azabatsinda Kagame’ yahawe inzu ihenze i Kamonyi (Amafoto)

Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda’ yifashishijwe cyane mu kwamamaza Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi mu matora y’umukuru w’Igihugu yabaye muri uyu mwaka yahawe inzu nziza mu karere ka Kamonyi.

Nyuma yo gukora iyi ndirimbo igakundwa cyane mu gihe cyo kwamamaza ,Béatha yaje gushimwa na benshi kugeza aho aherewe inzu.

Mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE, Béatha yagize ati “Hari amashimwe atandukanye ariko kugeza ubu ikinini ndi kwishimira ni inzu yuzuye, n’ubu sindiyumvisha ko ari njye uri gutaha muri iyi nzu.”

Iyi nzu yagombaga gutahwa ku mugaragaro ku wa 5 Ukwakira 2024 ariko biza gusubikwa uyu mugore ahabwa ibikoresho byo kuyishyiramo

Béatha n’itsinda ‘Indashyikirwa mu Mihigo’ baririmbana, basanzwe batuye mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagali ka Kidahwe ari naho uyu mugore yubakiwe inzu.

Yigeze kuvuga ko yakuranye impano yo kubyina, bituma akurira mu matorero atandukanye arimo Itorero ry’Akarere ka Kamonyi.

Mu gihe Musengimana yari amaze kwimukira mu Kagali ka Kidahwe aho yubatse, inganzo yakomeje kumukirigita atangira gushakisha abo bafatanya, aza guhura n’Itorero bakorana mu 2023.

Iyi nzu yahawe Beatha yubatse mu karere ka Kamonyi aho yari asanzwe atuye

DomaNews.rw

Recent Posts

Kanye West yashinjwe gushaka kurya umwana na Nyina

Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…

2 days ago

REG WBBC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024, itsinze APR WBBC idakozemo-AMAFOTO

Ikipe ya REG WBBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball y’Abagore nyuma yo gutsinda APR…

4 days ago

Goma: Abaherutse kugwa mu mpanuka y’ubwato bashyinguwe mu marira

Imibiri y’abaherutse guhitanwa n’impanuka y’ubwato mu kiyaga cya Kivu yashyinguwe kuri uyu kane mu mujyi…

6 days ago

REG WBBC isigaje umukino umwe ikegukana igikombe cya shampiyona umwaka 2024

REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 82-66, ibona intsinzi ya gatatu mu mikino ya nyuma…

6 days ago

Abafite ubumuga bishimiye Bisi nshya kuko zizaborohereza ingendo

Kuri uyu wa 8 Ukwakira, nibwo ikigo gisanzwe gifite mu nshingano gutwara abagenzi mu buryo…

6 days ago

Perezida Museveni ari gushaka kunga umuhungu we na Ambasaderi wa Amerika baheruka gushyamirana

Kuwa Kane w'iki cyumweru, Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, arateganya guhura na Ambasaderi wa…

1 week ago