INKURU ZIDASANZWE

Musengamana Béatha waririmbye ‘Azabatsinda Kagame’ yahawe inzu ihenze i Kamonyi (Amafoto)

Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda’ yifashishijwe cyane mu kwamamaza Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi mu matora y’umukuru w’Igihugu yabaye muri uyu mwaka yahawe inzu nziza mu karere ka Kamonyi.

Advertisements

Nyuma yo gukora iyi ndirimbo igakundwa cyane mu gihe cyo kwamamaza ,Béatha yaje gushimwa na benshi kugeza aho aherewe inzu.

Mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE, Béatha yagize ati “Hari amashimwe atandukanye ariko kugeza ubu ikinini ndi kwishimira ni inzu yuzuye, n’ubu sindiyumvisha ko ari njye uri gutaha muri iyi nzu.”

Iyi nzu yagombaga gutahwa ku mugaragaro ku wa 5 Ukwakira 2024 ariko biza gusubikwa uyu mugore ahabwa ibikoresho byo kuyishyiramo

Béatha n’itsinda ‘Indashyikirwa mu Mihigo’ baririmbana, basanzwe batuye mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagali ka Kidahwe ari naho uyu mugore yubakiwe inzu.

Yigeze kuvuga ko yakuranye impano yo kubyina, bituma akurira mu matorero atandukanye arimo Itorero ry’Akarere ka Kamonyi.

Mu gihe Musengimana yari amaze kwimukira mu Kagali ka Kidahwe aho yubatse, inganzo yakomeje kumukirigita atangira gushakisha abo bafatanya, aza guhura n’Itorero bakorana mu 2023.

Iyi nzu yahawe Beatha yubatse mu karere ka Kamonyi aho yari asanzwe atuye

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago