INKURU ZAMAMAZA

Muhanga: Abaturage basogongejwe ku binyobwa bya Kasesa ubundi barabyina karahava

Ubwo uruganda rukora inzoga Kasesa Distillers & Distributors ltd bageraga i Muhanga bakiranywe yombi, maze nabo baha abaturage icyo kunywa n’umuziki barizihirwa.

Advertisements

Byari ibyishimo bidasanzwe ubwo kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Ukwakira 2024 hatangizwa iyamamaza bikorwa rizazenguruka ibice bitandukanye by’ogihugu, dore ko ku munsi wa mbere byari ibirori mbaturamugabo.

Mureramanzi utwara igare muri uyu Mujyi wa Muhanga yavuze ko n’ubwo hari abakora akazi basinze, we bitamubuza gusoma kuri ka Kasesa ubundi agatwara abagenzi n’imbaraga, aho yagize Ati: “Iyo ari kamwe ukarenzaho kandi n’abantu ukabatwara ntakibazo, usiba gusinda, akangaka ko karabikora kuko izindi zigira volt 42 mu gihe Kasesa yo ifite volt 43.”

Mureramanzi wavuze imyato inzoga za Kasesa Distillers & Distributors ltd gusa agira inama yo kutanywa basinde

Yakomeje avuga ko gashobora kugusindisha ariko we avuga ko atajya arengera ngo anywe cyane, dore ko kandi yanishimiye ibiciro kuko ako yarimo anywa yari akaguze amafaranga igihumbi gusa.

Uwitwa Dufatanye Devota ukora ubuzunguzayi we yagize ati: “Mu buzima bwanjye nakunze kubaho mba mu bitaro mfite ikibazo cy’ubumuga nkajya mbaho ntishimye, ariko ubungubu iyo mbonye ibirori nk’ibi cyane cyane Kasesa abantu babyina buri wese akabyina akisanzura, n’umva nyine ari byiza cyane.”

Devota yahawe impano ya Kasesa Distillers & Distributors ltd

Ku bijyanye n’uburyo Devota yahembwemo mu birori bya Kasesa yakomeje agira ati: “Nagakunze, nyine nanjye nisanze nk’abandi bakatubwira ibyo tugomba gukora wabitsinda bakaguhemba , nanjye rero nabitsinze barawumpa (umupira yari yambaye).”

Janvier Nyabyenda ushinzwe iyamamaza bikorwa ry’ibicuruzwa bya Kasesa Distillers & Distributors ltd yavuze ko bishimiye uburyo bakiriwe i Muhanga bwa mbere bitewe n’uko bahise bishimira ibikorwa byabo.

Janvier yagize ati: “Ibi bintu twabitekerejeho nk’ubuyobozi bw’uruganda twifuza ko hirya no hino twazahagera dukangurira abantu kumenya ibicuruzwa bya Kasesa kuko bigiye bizwi mu bice bimwe na bimwe cyane cyane ibyo mu mujyi, ni muri urwo rwego twagiye duhitamo kwinjira no mu nkengero z’umujyi .”

Yavuze ko gahunda ari ugucengera mu baturage ku buryo hirya no hino bamenya ibicuruzwa bya Kasesa.

Yatubwiyeko Kasesa ari uruganda rwubatse amateka mu nzoga z’amarikeri (Liquors) kuko rwatangiye cyera cyane ku buryo rumaze imyaka irenga 12 kandi ibicuruzwa byayo bikaba byizewe.

Iyi nzoga ya Kasesa yashyizwemo icyanga ku buryo iryoha kandi ikaba idatera amavunane (hangover) kuko wayinyoye.

Kasesa Distillers & Distributors ltd ikora amoko agera kuri 7 y’inzoga arimo iyitwa Cabinet Coconut, Star Waragi, Proffessor, Kasesa Pure Waragi, Kasesa Original, ndetse hakaza n’indi nzoga yitiriwe umugabane yitwa African Gin.

Abaturage ba Muhanga bari bitabiriye ku bwinshi
Abaturage ba Muhanda bashyizwe igorora nyuma yo kwegerezwa ibinyobwa bya Kasesa Distillers & Distributors ltd

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

53 minutes ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

3 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

6 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago