RWANDA

Bukuru Christopher wananiwe muri APR Fc na Rayon Sports yerekeje ubuzima bwe muri As Kigali

Bukuru Christophe wanyuze mu makipe menshi mu Rwanda arimo nka APR Fc na Rayon Sports, yasinye amasezerano y’umwaka muri AS Kigali.

Advertisements

Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati yari amaze igihe nta kipe afite ndetse aherutse gutangariza IGIHE ko akomeje gushaka uko yasubira ku rwego rwo hejuru kandi iyi Kipe y’Umujyi izabimufashamo.

Yagize ati “Nkomeje gushaka uko nasubira ku rwego rwanjye kandi AS Kigali izabimfashamo kuko ni ikipe ikomeye kandi n’abatoza bamfitiye icyizere. Nizeye ko vuba muzabona Bukuru.”

Bukuru yanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka APR FC, Rayon Sports, Mukura ndetse na Rutsiro FC yaherukagamo. Icyakora kuva yatandukana n’Ikipe y’Ingabo yakomeje kugorwa n’imvune cyane.

Uyu mukinnyi yiyongereye kuri myugariro Buregeya Prince nawe wasinye umwaka mu Kipe y’Umujyi nyuma y’aho kujya muri Al-Nasiriya yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Iraq bidakunze.

Ubwo Shampiyona izasubukurwa mu mpera z’icyumweru, AS Kigali izakira Vision FC ku wa Mbere, tariki 20 Ukwakira 2024 mu mukino w’umunsi wa gatandatu.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago