Bukuru Christophe wanyuze mu makipe menshi mu Rwanda arimo nka APR Fc na Rayon Sports, yasinye amasezerano y’umwaka muri AS Kigali.
Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati yari amaze igihe nta kipe afite ndetse aherutse gutangariza IGIHE ko akomeje gushaka uko yasubira ku rwego rwo hejuru kandi iyi Kipe y’Umujyi izabimufashamo.
Yagize ati “Nkomeje gushaka uko nasubira ku rwego rwanjye kandi AS Kigali izabimfashamo kuko ni ikipe ikomeye kandi n’abatoza bamfitiye icyizere. Nizeye ko vuba muzabona Bukuru.”
Bukuru yanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka APR FC, Rayon Sports, Mukura ndetse na Rutsiro FC yaherukagamo. Icyakora kuva yatandukana n’Ikipe y’Ingabo yakomeje kugorwa n’imvune cyane.
Uyu mukinnyi yiyongereye kuri myugariro Buregeya Prince nawe wasinye umwaka mu Kipe y’Umujyi nyuma y’aho kujya muri Al-Nasiriya yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Iraq bidakunze.
Ubwo Shampiyona izasubukurwa mu mpera z’icyumweru, AS Kigali izakira Vision FC ku wa Mbere, tariki 20 Ukwakira 2024 mu mukino w’umunsi wa gatandatu.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…