Bukuru Christophe wanyuze mu makipe menshi mu Rwanda arimo nka APR Fc na Rayon Sports, yasinye amasezerano y’umwaka muri AS Kigali.
Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati yari amaze igihe nta kipe afite ndetse aherutse gutangariza IGIHE ko akomeje gushaka uko yasubira ku rwego rwo hejuru kandi iyi Kipe y’Umujyi izabimufashamo.
Yagize ati “Nkomeje gushaka uko nasubira ku rwego rwanjye kandi AS Kigali izabimfashamo kuko ni ikipe ikomeye kandi n’abatoza bamfitiye icyizere. Nizeye ko vuba muzabona Bukuru.”
Bukuru yanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka APR FC, Rayon Sports, Mukura ndetse na Rutsiro FC yaherukagamo. Icyakora kuva yatandukana n’Ikipe y’Ingabo yakomeje kugorwa n’imvune cyane.
Uyu mukinnyi yiyongereye kuri myugariro Buregeya Prince nawe wasinye umwaka mu Kipe y’Umujyi nyuma y’aho kujya muri Al-Nasiriya yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Iraq bidakunze.
Ubwo Shampiyona izasubukurwa mu mpera z’icyumweru, AS Kigali izakira Vision FC ku wa Mbere, tariki 20 Ukwakira 2024 mu mukino w’umunsi wa gatandatu.
Umuraperikazi Oda Paccy yatangiye urugendo rukomeye yanyuzemo mu muziki birimo n'uko yahuye n'amarozi mu bikorwa…
Umuhanzi Liam Payne wahoze mu itsinda rya One Direction ryamamaye cyane mu myaka yashize yitabye…
Ubwo uruganda rukora inzoga Kasesa Distillers & Distributors ltd bageraga i Muhanga bakiranywe yombi, maze…
Umuraperi Kanye West akomeje gushinjwa ibyaha byinshi birimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina no gushaka kuryamana…
Ikipe ya REG WBBC yatwaye igikombe cya shampiyona ya Basketball y’Abagore nyuma yo gutsinda APR…
Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda’ yifashishijwe cyane mu kwamamaza Paul Kagame umukandida wa FPR Inkotanyi…