RWANDA

Bukuru Christopher wananiwe muri APR Fc na Rayon Sports yerekeje ubuzima bwe muri As Kigali

Bukuru Christophe wanyuze mu makipe menshi mu Rwanda arimo nka APR Fc na Rayon Sports, yasinye amasezerano y’umwaka muri AS Kigali.

Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati yari amaze igihe nta kipe afite ndetse aherutse gutangariza IGIHE ko akomeje gushaka uko yasubira ku rwego rwo hejuru kandi iyi Kipe y’Umujyi izabimufashamo.

Yagize ati “Nkomeje gushaka uko nasubira ku rwego rwanjye kandi AS Kigali izabimfashamo kuko ni ikipe ikomeye kandi n’abatoza bamfitiye icyizere. Nizeye ko vuba muzabona Bukuru.”

Bukuru yanyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka APR FC, Rayon Sports, Mukura ndetse na Rutsiro FC yaherukagamo. Icyakora kuva yatandukana n’Ikipe y’Ingabo yakomeje kugorwa n’imvune cyane.

Uyu mukinnyi yiyongereye kuri myugariro Buregeya Prince nawe wasinye umwaka mu Kipe y’Umujyi nyuma y’aho kujya muri Al-Nasiriya yo mu Cyiciro cya Kabiri muri Iraq bidakunze.

Ubwo Shampiyona izasubukurwa mu mpera z’icyumweru, AS Kigali izakira Vision FC ku wa Mbere, tariki 20 Ukwakira 2024 mu mukino w’umunsi wa gatandatu.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

20 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

20 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

21 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

21 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago