IMYIDAGADURO

Byemejwe ko Liam Payne wahoze mu itsinda ‘One Direction’ yapfuye yiyahuye

Nyuma y’uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y’incamugongo yasesekaye mu bakunzi by’umuziki by’umwihariko abakundaga itsinda rya ‘One Direction’ umwe mu bari bagize iryo tsinda Liam Payne yitabye Imana bitunguranye.

Liam Payne yapfuye ahanutse mu igorofa ry’icyumba yararagamo aho yari mu gihugu cya Argentina.

Benshi mu bakunzi b’uyu muhanzi wari mu bagize itsinda ry’ubatse izina ku Isi, babajwe no kumva yitabye Imana ku myaka 31.

Polisi yo muri Buenos Aires muri Argentina mu makuru yatanze yavuze ko Liam Payne yapfuye nyuma yo gusimbukira muri pisine yari munsi y’icyumba cya hoteli yari acumbitsemo ahita yitaba Imana.

Liam yari mu igorofa rya gatatu rya hoteli yitwa hotel Casa Sur iri Buenos Aires, aho abaganga bemeje ko yaviriye amaraso imbere mu mubiri n’inyuma.

Polisi kandi yatangaje ko mu cyumba cye hasanzwemo inzoga ya whiskey iri mu bwoko bwa likeri, Telefone ndetse n’ibindi ariko bigaragara ko harimo akavuyo kenshi n’ibiyobyabwenge.

Icyakora ntabwo baramenya neza icyamuteye kwiyahura, n’ubwo bivugwa ko yari amaze iminsi yiruka inyuma y’umukobwa bahoze bakundana witwa Maya Henry batandukanye mu 2022.

Maya yari aherutse kujya kuri TikTok avuga ko Liam yagerageje cyane kumwikururaho nyuma yo gutandukana na we muri Mata 2022, akazajya amwoherereza ubutumwa kenshi.

Yavuze ko yanakoreshaga nimero za terefone zitandukanye amuhamagara ndetse agakoresha na konti nshya za iCloud kugira ngo amwohereze ubutumwa, ari nako yahoraga ahamagara Nyina.

Liam na Maya batangaje ko batandukanye nyuma y’imyaka ibiri bari bamaze bakundana, aho bivugwa ko Liam yari yaciye inyuma uyu mukunzi we.

N’ubwo bimeze bitya, Liam yari mu rukundo n’umukobwa witwa Kate Cassidy ndetse bari barajyanye muri Argentina, dore ko uyu musore asanzwe ari Umwongereza.

Nyakwigendera Liam Payne yapfuye asize umwana w’umuhungu yabyaranye na Cheryl Chloe bari barashakanye mu mwaka 2016, baje gutandukana mu mwaka 2018.

Liam Payne yahoze mu itsinda ‘One Direction’ ryamamaye ku Isi

Christian

Recent Posts

Perezida wa Kenya William Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya

Nyuma y'uko Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe na Sena, Umukuru w'iki gihugu yemeje…

1 hour ago

Umugabo agiye kurongora abagore babiri umunsi umwe

Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…

3 hours ago

Oda Paccy yahishuye amarozi yibera mu muziki Nyarwanda nawe ataramusize

Umuraperikazi Oda Paccy yatangiye urugendo rukomeye yanyuzemo mu muziki birimo n'uko yahuye n'amarozi mu bikorwa…

1 day ago

Bukuru Christopher wananiwe muri APR Fc na Rayon Sports yerekeje ubuzima bwe muri As Kigali

Bukuru Christophe wanyuze mu makipe menshi mu Rwanda arimo nka APR Fc na Rayon Sports,…

1 day ago

Liam Payne wahoze mu itsinda One Direction yitabye Imana ku myaka 31

Umuhanzi Liam Payne wahoze mu itsinda rya One Direction ryamamaye cyane mu myaka yashize yitabye…

2 days ago

Muhanga: Abaturage basogongejwe ku binyobwa bya Kasesa ubundi barabyina karahava

Ubwo uruganda rukora inzoga Kasesa Distillers & Distributors ltd bageraga i Muhanga bakiranywe yombi, maze…

2 days ago