Nyuma y’uko Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe na Sena, Umukuru w’iki gihugu yemeje Kithure Kindiki nk’umusimbura we.
Kuri uyu wa Kane tariki 17 Ukwakira, nibwo uwari Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe n’abasenateri bagize Inteko muri icyo gihugu mu matora y’ubwiganze.
Kithure Kindiki yarasanzwe ari Minisitiri w’umutekano.
Gachagua yahamijwe n’ibyaha bitanu muri 11 bamushinje.
Mu kirego cyo kumweguza, Gachagua yashinjwe ibyaha birimo guhonyora itegeko nshinga, ruswa, guhembera amacakubiri, kuvangira Perezida, no gusuzugura guverinoma.
Ni ibirego byose ubusanzwe Rigathi Gachagua w’imyaka 59 yagiye ahakana yivumbuye inyuma.
Uyu mugabo azwiho kuba ari umunyagitugu kubera azwiho kuba ari umukire ukomeye muri iki gihugu cya Kenya.
Nyuma y'uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y'incamugongo yasesekaye mu bakunzi by'umuziki by'umwihariko abakundaga itsinda…
Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…
Umuraperikazi Oda Paccy yatangiye urugendo rukomeye yanyuzemo mu muziki birimo n'uko yahuye n'amarozi mu bikorwa…
Bukuru Christophe wanyuze mu makipe menshi mu Rwanda arimo nka APR Fc na Rayon Sports,…
Umuhanzi Liam Payne wahoze mu itsinda rya One Direction ryamamaye cyane mu myaka yashize yitabye…
Ubwo uruganda rukora inzoga Kasesa Distillers & Distributors ltd bageraga i Muhanga bakiranywe yombi, maze…