IMIKINO

Umutoza w’Amavubi Torsten yahamagaye abakinnyi ashobora kuzifashisha mu gushaka itike ya CHAN

Umutoza w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ Torsten Spittler yahamagaye abakinnyi 26 ashobora kuzakuramo azifashisha mu gushaka itike ya CHAN2025.

Advertisements

Ni urutonde rw’agateganyo rw’abakinnyi 26 bashyizwe hanze batagaragayemo bamwe mu bakinnyi barimo nka Niyonzima Sefu na Muhadjil Hakizimana.

Uru rutonde rugiye hanze mugihe u Rwanda rwitegura guhura n’ikipe ya Djibouti iheruka gutombora mu rugendo rwo gushaka itike ya CHAN2025 izabera mu bihugu bitatu aribyo Kenya, Uganda na Tanzania bikazaba aribwo bwa mbere bibaye.

Irushanwa rya CHAN risanzwe rikinwa n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu, iyi nshuro riteganyijwe kuza hagati ya Tariki 1-28 Gashyantare 2025.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yatomboye Djibouti mu rugendo rwo gushaka itike yo kwitabira iri rushanwa, aho imikino ibiri izabahuza izabera i Kigali mu Rwanda, kuri Stade Amahoro.

Umukino wa mbere uteganyijwe kuba ku Cyumweru tariki 26 Ukwakira 2024 ku isaha ya Saa Cyenda z’amanywa (15h00), mugihe umukino wa kabiri uzaba kuwa Kane tariki 31 Ukwakira 2024 guhera Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba 18h00, kuri Stade Amahoro.

Imikino yo gushaka itike yo kwitabira CHAN iteganyijwe gutangira kuwa 25 Ukwakira kugeza mu Ukuboza uyu mwaka wa 2024.

Urutonde rw’abakinnyi 26 b’agateganyo b’Amavubi bahamagawe

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago