IMIKINO

Umutoza w’Amavubi Torsten yahamagaye abakinnyi ashobora kuzifashisha mu gushaka itike ya CHAN

Umutoza w’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ Torsten Spittler yahamagaye abakinnyi 26 ashobora kuzakuramo azifashisha mu gushaka itike ya CHAN2025.

Ni urutonde rw’agateganyo rw’abakinnyi 26 bashyizwe hanze batagaragayemo bamwe mu bakinnyi barimo nka Niyonzima Sefu na Muhadjil Hakizimana.

Uru rutonde rugiye hanze mugihe u Rwanda rwitegura guhura n’ikipe ya Djibouti iheruka gutombora mu rugendo rwo gushaka itike ya CHAN2025 izabera mu bihugu bitatu aribyo Kenya, Uganda na Tanzania bikazaba aribwo bwa mbere bibaye.

Irushanwa rya CHAN risanzwe rikinwa n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu, iyi nshuro riteganyijwe kuza hagati ya Tariki 1-28 Gashyantare 2025.

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’ yatomboye Djibouti mu rugendo rwo gushaka itike yo kwitabira iri rushanwa, aho imikino ibiri izabahuza izabera i Kigali mu Rwanda, kuri Stade Amahoro.

Umukino wa mbere uteganyijwe kuba ku Cyumweru tariki 26 Ukwakira 2024 ku isaha ya Saa Cyenda z’amanywa (15h00), mugihe umukino wa kabiri uzaba kuwa Kane tariki 31 Ukwakira 2024 guhera Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba 18h00, kuri Stade Amahoro.

Imikino yo gushaka itike yo kwitabira CHAN iteganyijwe gutangira kuwa 25 Ukwakira kugeza mu Ukuboza uyu mwaka wa 2024.

Urutonde rw’abakinnyi 26 b’agateganyo b’Amavubi bahamagawe

Christian

Recent Posts

Itorero ‘Zeraphat Holy Church’ ryasabwe gufunga imiryango, rinamburwa ubuzima gatozi

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rwamaze guhagarika ibikorwa byose rinambura ubuzima gatozi, itorero Zeraphat Holy Church…

3 days ago

Bamporiki Edouard na CG (Rtd) Emmanuel Gasana mu bantu 32 bahawe imbabazi n’umukuru w’igihugu Paul Kagame

Mu byemezo by'inama y'Abaminisitiri yateranye kuwa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ikayoborwa na Perezida wa…

3 days ago

Perezida wa Kenya William Ruto yashyizeho Visi Perezida mushya

Nyuma y'uko Visi Perezida wa Kenya Rigathi Gachagua yegujwe na Sena, Umukuru w'iki gihugu yemeje…

4 days ago

Byemejwe ko Liam Payne wahoze mu itsinda ‘One Direction’ yapfuye yiyahuye

Nyuma y'uko kuwa 16 Ukwakira 2024, inkuru y'incamugongo yasesekaye mu bakunzi by'umuziki by'umwihariko abakundaga itsinda…

4 days ago

Umugabo agiye kurongora abagore babiri umunsi umwe

Mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y'umugabo witwa Ovoderie Stephen washyize hanze ubutumire bw'ubukwe bwo…

4 days ago

Oda Paccy yahishuye amarozi yibera mu muziki Nyarwanda nawe ataramusize

Umuraperikazi Oda Paccy yatangiye urugendo rukomeye yanyuzemo mu muziki birimo n'uko yahuye n'amarozi mu bikorwa…

5 days ago