POLITIKE

Amurusha abana n’amafaranga inshuro 1000, ibyingenzi wa menya kuri Trump na Kamala Harris bahagaritse abanyemerica umutima izi saha

Kuri uyu wa 05 Ukuboza 2024, muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, hari kubera amatora y’Umukuru w’Igihugu, aho abanyamerika bagomba guhitamo ubayobora hagati y’umudemokarate, Kamala Harris, n’umu-repubulike Donald Trump.

Kamala Harris byitezweko aramutse atsinze yaba abaye umugore wa mbere uyoboye America

Aya matora abaye mu gihe hari hashize amezi abiri aba bombi biyamamaza, ndetse banirata ibigwi mu miringo y’ibyo bateganyiriza abaturage bazafata iya mbere mu kubahundagazaho amajwi.

Mu migabo n’imigambi isa nk’aho ivuguruzanya hagati y’aba bombi, Umudemokarate akaba na Visi Perezida wa Kamala Harris, yijeje abaturage ko ku butegetsi azagabanya ikiguzi cy’ibiribwa n’imiturire.

Avuga ko kandi ku ngoma ye hazabaho izamuka ry’umusoro ku bigo bikomeye aho ngo kuri we buri muturage azaba yinjiza byibura amafaranga ibihumbi 400, by’idorari mu mwaka

Uyu mugore kandi yavuze ko mu gihe yaba abaye Perezida wa America azakomorera abakuramo unda.

Umurepublike, Dornald Trump udahamanya na gato n’uwo bahatanye mu matora, we avuga ko ubwo azaba atowe azagabanya igiciro cya peteroli, kugabanya inyungu ku nguzanyo ndetse no kwirukana abimukira bateza akajagari mu gihugu.

Aya ni amateka atazibagirana, amatora ya Amerika agiye gusiga. Kuko mu gihe Kamala Harris yaba abaye umukuru w’igihugu, yaba ari we mugore wa mbere uyoboye Amerika.

Azaba kandi abaye umuyobozi wa Kabiri ufite inkomoka mu birabura uyoboye Amerika nyuma ya Barack Obama, cyane ko uyu Harris ise umubyara akomoka muri Jamaica.

Dornald Trump, aramutse atorewe kuba Perezida wa Amerika, yaba abaye Perezida wa 47 w’iki gihugu, akaba abaye umuyobozi uyoboye Amerika muri manda ebyiri zitandukanye nyuma yo gukubitwa incuro na Biden.

Trump ikizere nicyose cyo kongera kwicara muri white house kunshuro ya kabiri

Ku bijyanye n’umutungo trump atunze miliyari umunani z’amadolari y’america mu gihe Harris atunze miliyoni umunani z’amadolari y’Amerca gusa.

Emmy

Recent Posts

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

6 hours ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

8 hours ago

Amerika yagabanyije inkunga yahaga Afurika y’Epfo

Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…

1 day ago

U Burundi bwavuze ko ntaho buhuriye n’igitero cyagabwe i Bukavu

Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…

1 day ago

Umutoza Jose Mourinho yahawe ibihano

José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…

1 day ago

Agezweho: Inama yariteraniye i Bukavu haturikiye igisasu, Bisimwa atangaza ababyihishe inyuma

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…

2 days ago