Umutwe wa M23 biravugwa ko wamaze kuva mu gace ka Kamandi Gîte wari warigaruriye mu mpera z’icyumweru gishize.
Kamandi GÎte iri mu nkengero z’Ikiyaga cya Édouard, ikaba irimo inzira igana muri teritwari ya Beni, ahakorera indi mitwe yitwaje intwaro ihanganye na Leta ya RDC nka ADF n’undi witwa Zaïre.
Ku wa 3 Ugushyingo ni bwo M23 yigaruriye aka gace ko muri Teritwari ya Lubero nyuma y’imirwano ikomeye yayihanganishije n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Congo.
Amakuru kuri ubu aravuga ko ingabo za M23 zari muri Kamandi Gîte zamaze kuhava, zerekeza ahitwa Katwe, agace gaherereye mu bilometero bibarirwa muri bine uvuye mu mujyi wa Kirumba na wigeze kugenzurwa n’uriya mutwe mbere yo kuwuvamo.
Muhima Émile wo muri sosiyete Sivile y’i Katwe yatangaje ko kuba M23 yavuye muri Kamandi Gîte yongeye kwisubizwa n’imitwe ya Wazalendo, bica amarenga y’uko uyu mutwe waba uri kongera kwisuganya mbere yo gutera Kirumba.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…