AMATANGAZO

Amasaha y’Utubari n’Utubyiniro mu minsi isoza umwaka yavuguruwe

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwashyizeho amabwiriza mashya arebana n’amasaha yo gufungura ahakorerwa ubucuruzi bujyanye n’imyidagaduro mu bihe by’iminsi isoza umwaka.

Advertisements

Ni nyuma y’uko Leta y’u Rwanda yifuje ko Abanyarwanda basoza umwaka neza muri ibi bihe by’iminsi mikuru irimo Noheli n’Ubunani kugira ngo izasozwa neza.

Ubusanzwe amasaha yo gufunga Utubari n’Utubyiniro n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro mu minsi isanzwe byafungaga Saa Saba z’ijoro kuva kuwa Mbere kugeza kuwa Kane.

Mugihe guhera kuwa Gatanu kugeza ku Cyumweru ibyo bikorwa byafungaga Saa Munani z’ijoro.

Ibifashijwemo n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) yashyizeho amasaha yo gufungura uko yagenwe:

✓Ahakorerwa ubucuruzi bujyanye n’imyidagaduro, harimo Resitora, Utubari n’Utubyiniro hagomba gufunga bitarenze Saa Munani z’ijoro guhera kuwa Mbere kugeza kuwa Kane.

✓Bemerewe gukora ijoro ryose guhera kuwa Gatanu, mu mpera z’icyumweru no ku minsi y’ikiruhuko.

✓Aharebwa n’aya mabwiriza hagombwa kubahiriza amabwiriza arebana n’urusaku no gufasha abakeneye kuruhuka.

✓Amabwiriza arareba n’abateganya gukora ibirori mu ngo.

Aya mabwiriza mashya ashyizweho azatangira kubahirizwa guhera tariki 10 Ukuboza 2024, kugeza kuri 5 Mutarama 2025.

Soma andi mabwiriza mu buryo burambuye;

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago