Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwashyizeho amabwiriza mashya arebana n’amasaha yo gufungura ahakorerwa ubucuruzi bujyanye n’imyidagaduro mu bihe by’iminsi isoza umwaka.
Ni nyuma y’uko Leta y’u Rwanda yifuje ko Abanyarwanda basoza umwaka neza muri ibi bihe by’iminsi mikuru irimo Noheli n’Ubunani kugira ngo izasozwa neza.
Ubusanzwe amasaha yo gufunga Utubari n’Utubyiniro n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro mu minsi isanzwe byafungaga Saa Saba z’ijoro kuva kuwa Mbere kugeza kuwa Kane.
Mugihe guhera kuwa Gatanu kugeza ku Cyumweru ibyo bikorwa byafungaga Saa Munani z’ijoro.
Ibifashijwemo n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) yashyizeho amasaha yo gufungura uko yagenwe:
✓Ahakorerwa ubucuruzi bujyanye n’imyidagaduro, harimo Resitora, Utubari n’Utubyiniro hagomba gufunga bitarenze Saa Munani z’ijoro guhera kuwa Mbere kugeza kuwa Kane.
✓Bemerewe gukora ijoro ryose guhera kuwa Gatanu, mu mpera z’icyumweru no ku minsi y’ikiruhuko.
✓Aharebwa n’aya mabwiriza hagombwa kubahiriza amabwiriza arebana n’urusaku no gufasha abakeneye kuruhuka.
✓Amabwiriza arareba n’abateganya gukora ibirori mu ngo.
Aya mabwiriza mashya ashyizweho azatangira kubahirizwa guhera tariki 10 Ukuboza 2024, kugeza kuri 5 Mutarama 2025.
Soma andi mabwiriza mu buryo burambuye;
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…