Umuhanzikazi Zuhura Soud wamamaye ku izina rya Zuchu, yongeye kugaruka kuri Diamond Platnumz wamuzamuye mu muziki akaba ari n’umukunzi we, amutaka avuga ko ari intwari ye y’ibihe byose.
Ni amagambo yatangarije mu gitaramo cy’iserukiramuco cyiswe ‘Furaha Festival’ cyabereye i Nairobi, aho benshi bikomye Diamond Platnumz utarigeze akiririmbamo nk’uko byari byitezwe.
Ubwo Zuchu yafataga ijambo, yashimiye Diamond Platnumz wamuzamuye ubwo yamusinyishaga mu nzu ye itunganya umuziki ya Wasafi Records mu 2020.
Ati “Diamond yaramfashije cyane, niwe watumye menyekana kandi yahagaritse imishinga yari arimo icyo gihe kugira ngo abanze azamure umuziki wanjye’’.
Uyu muhanzikazi ukunzwe muri Tanzania no mu karere, yakomoje ku kuba abantu batega iminsi urukundo rwe na Diamond, agaragaza ko atamufata nk’umukunzi we gusa ahubwo amufata nk’intwari ye.
Ati “Diamond ni intwari yanjye. Azahora ari intwari yanjye ikizaba cyose hagati yacu ntakizabihindura’’.
Zuchu yakomeje agaragaza ko impamvu afata uyu muhanzi nk’intwari ye, ati “Usubiye inyuma ukareba aho akomoka ku mihanda yo muri Tandale akaba ageze aho ari ubu, niwe muhanzi wa mbere muri Afurika y’Iburasirazuba. Ni bintu bikomeye cyane yabikoranye imbaraga niyo mpamvu mbona ari ntwari’’.
Mu 2020 nibwo Zuchu yatangiye gukorana na Diamond Platnumz ndetse ibyabo byarenze umwuga bahuriyemo bageza ubwo bakundana kuva mu 2022.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…