Umugore w’umuraperi Chance The Rapper, Kirsten Corley yatse gatanya

Umugore w’umuraperi w’Umunyamerika Chance The Rapper, Kirsten Corley, yasabye gatanya n’uyu muraperi nyuma y’imyaka itanu bashakanye.

Advertisements

Nk’uko amakuru dukesha TMZ yashyize hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Ukuboza, abivuga ngo, uyu mugore Corley yatanze impapuro z’ubutane ku wa gatanu ushize.

Ibisobanuro birambuye kubijyanye no gutandukana kwabo ntibirashyirwa ahagaragara kuko ibyangombwa byose bitaraboneka.

Chance The Rapper na Kirsten bombi b’imyaka 30, batangaje bwa mbere gutandukana kwabo muri Mata. Icyo gihe, bombi bemeje ko bamaze imyaka ibiri batandukanye mbere yuko babitangaza.

Batangarije kandi abafana ko bateganya kurera abakobwa babo arobo, Kensli na Marli, bose hamwe.

Mu magambo ye, abahoze barashakanye bagize bati: “Nyuma y’igihe cyo gutandukana, twembi twageze ku cyemezo cyo gutandukana.” “Twaje kuri iki cyemezo mu bwumvikane kandi dushimira umwanya twamaranye. Imana yaduhaye imigisha y’abakobwa babiri beza tuzakomeza kurera hamwe. Turasaba imbabazi kandi twubaha mu gihe tugana iyi nzibacyuho. Murakoze.”

Chance na Kirsten bamenyanye kuva bakiri bato ariko batangira gukundana ku mugaragaro muri 2013. Nyuma y’urugendo rw’urukundo bakiriye umukobwa wabo wa mbere Kensli mu mwaka 2015.

Muri 2016, baratandukanye gusa ntibyaje gutinda kuko mu mwaka wakurikiyeho baje kongera gusubirana. 

Chance na Kirsten bashakanye muri 2019 bakira umukobwa wabo wa kabiri Marli muri uwo mwaka.

Umugore w’Umuraperi Chance The Rapper, Kirsten Corley yasabye gatanya yeruye

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago