Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, utajya wiburira yatangaje imbere y’imbaga ko Banki Nkuru y’igihugu cyabo yagowe no gutera imbere bitewe n’ihirikwa ry’ubutegetsi (Coups d’État) ryabaye inshuro eshanu.
Ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 60 Banki Nkuru y’u Burundi imaze, Perezida Ndayishimiye yemeye ko Banki Nkuru y’u Rwanda, iya Tanzania na Kenya zasize iy’iwabo mu iterambere.
Yagize ati “Banki Nkuru ya Repubulika y’u Burundi ntekereza ko iri mu mabanki yaba yaraciye mu bibazo, kugeza aho igisebe kitarakira. Iyo bayireba, bakayigereranya na Banki Nkuru ya Tanzania, iy’u Rwanda, iya Kenya, uriyumvira uti ‘Mbese ubwo bazi imiyaga yaciyemo’?”
Perezida Ndayishimiye yatangaje ko mu Burundi habaye ihirikwa ry’ubutegetsi inshuro eshanu kuva mu 1966, mu 1976, 1987, 1993, 2015 hageragezwa indi, igihugu cyabo gifatirwa ibihano.
Yagize ati “Mu 1993 yarasubiriye, ho ngira ngo yamaze imyaka 10 itarasubira kwibona. Itangiye kwisanasana kuva mu 2015, u Burundi buhita bufatirwa ibihano. Bufatiwe ibihano, kwari ukubuza abashoramari kuza i Burundi. Ni ukuvuga nta shoramari rigaruka, nta mafaranga yongera kuzenguruka. Kugeza kuri iyi saha, ngiyo ingorane ifite.”
Uyu Mukuru w’Igihugu yatangaje ko no kuba Banki Nkuru y’u Burundi ikiriho kandi yaranyuze muri iyi miyaga yose, ikwiye kubishimirwa.
Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…
Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…