IMYIDAGADURO

Umuhanzi Jose Chameleone yajyanwe kuvurirwa muri Amerika ku bufasha bwa Perezida

Amakuru yabakurikiranira hafi ubuzima bw’umuhanzi Jose Chameleone wo muri Uganda bemeje ko yamaze kujyanwa kuvurirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Advertisements

Amakuru yabakurikiranira hafi ubuzima bw’umuhanzi Jose Chameleone wo muri Uganda bemeje ko yamaze kujyanwa kuvurirwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Uyu muhanzi yamaze gukurwa mu Bitaro bya Nakasero muri Uganda aho yavurirwaga, ajyanwa muri Leta ya Minnesota muri Amerika kugira ngo ahabwe ubuvugizi bwisumbuyeho.

Uyu muhanzi yashimiye byimazeyo Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, wemeye kumwishyurira ikiguzi cyose gikenewe kugira ngo avurwe.

Ku wa 12 Ukuboza 2024 nibwo hasohotse amakuru y’uko Jose Chameleone yajyanywe mu bitaro bya Nakasero, ndetse agashyirwa mu cyumba cy’indembe.

Ni nyuma y’iminsi mike, umwana wa Jose Chamaleone ahishuye ko uyu muhanzi afite uburwayi yatewe no kunywa inzoga nyinshi ndetse abaganga bakaba baramaze kumumenyesha ko atagabanyije uburyo bwo kuzinywa byagorana ko yamara indi myaka ibiri atarapfa.

Abagize inshuti z’umuryango hamwe n’abahanzi batandukanye bagiye bagaragara bagiye gusura uyu muhanzi aho yaramaze iminsi arembeye mu bitaro.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago