INKURU ZIDASANZWE

RBC yagaragaje ko abana bari munsi y’imyaka 12 bangana na 51% bakoze imibonano mpuzabitsina mu mwaka 2023

Minisiteri y’Ubuzima yagiranye ikiganiro n’Abadepite ku ngingo ebyiri zirimo iyerekeye gutwitira undi n’irebana no kwemerera ingimbi n’abangavu uburenganzira busesuye kuri serivisi zo kuboneza urubyaro.

Ni mu biganiro mpaka byabaye aho abadepite batangiye gusuzuma mu mizi umushinga w’itegeko rivugurura irigenga serivise z’ubuvuzi mu Rwanda.

Zimwe mu ngingo nshya zikubiye muri uyu mushinga w’itegeko, zirimo iyerekeye uburyo umugore ashobora gutwitira undi mu gihe we n’uwo bashakanye bifuza umwana ariko bakaba badashobora kumubyara mu buryo busanzwe.

Indi ngingo nshya yerekeye korohereza abangavu kubona serivise zo kuboneza urubyaro mu buryo burushijeho kuborohera, abadepite basabye ko izi ngingo zombi zasuzumanwa ubushishozi.

Ku ngingo yo gutwitira undi, Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana avuga ko bizakorwa hubahirizwa amahame y’ubuvuzi.

Naho ku ngingo irebana n’uburenganzira busesuye ku kuboneza urubyaro ku bangavu n’ingimbi, itegeko rigenga abantu n’umuryango ryo muri kamena 2024 rivuga ko izo serivisi zihabwa umuntu ufite imyaka y’ubukure ari yo 18.

Ariko Minisitiri w’Ubuzima avuga ko basanze hakwiye kubaho umwihariko, kubera impamvu zirimo no kugabanya inda ziterwa abangavu.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko itegeko ryatowe mu 1998 ryerekeye ubuhanga bwo kuvura ritakikijyanye n’igihe kubera iterambere ryihuse mu buvuzi ari yo mpamvu naryo ririmo kuvugururwa.

Christian

Recent Posts

AMAFOTO: Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye imbere y’amategeko

Kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, nibwo Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda…

10 hours ago

Col. Makanika yishwe agabweho igitero n’igisirikare cya Congo (FARDC)

Col Michel Rukunda uzwi nka Makanika wari uyoboye umutwe wa Twirwaneho yishwe n'igisirikare cya Repubulika…

10 hours ago

Hatangiye gutegurwa ikiriyo cya Papa Francis akiri muzima

Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe…

11 hours ago

Gen. Masunzu Pacifique wari warahigiye kwivuna M23 yahunze atarwanye

Gen. Masunzu Pacifique wari wahawe akazi ko kwivuna umutwe wa M23, yakijijwe n’amaguru yerekeza i…

12 hours ago

Iby’ingenzi wamenya ku Mujyi wa Kamanyola ufite amateka akomeye M23 yafashe

Amakuru yatanzwe n'abaturage bahatuye bavuze ko abarwanyi ba M23 binjiye mu mujyi muto wa Kamanyola…

1 day ago

Uganda yashyizweho igitutu cyo gufungura umunyapolitiki Kizza Besigye

Igihugu cya Uganda cyatangiye gushyirwaho igitutu n'Umuryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza, Commonwealth, wahamagariye nka kimwe mu…

1 day ago