Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hari amakuru avuga ko yaba yerekeje mu gihugu cya Angola mu ibanga kugira ngo asabe ubuhungiro dore ko ibintu bikomeje kuzamba mu gihugu cye.
Amakuru aravuga ko Tshisekedi wari wagiye muri icyo gihugu yemerewe na Angola ubuhungiro bw’igihe gito, mu gihe byaba bibaye ngombwa ko ahunga.
Tshisekedi yijejwe ubuhungiro, ubwo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Gashyantare yagiriraga urugendo rw’ibanga i Luanda muri Angola.
Iby’ubuhungiro byaje kumenyekana ubwo, Umunyamakuru Pero Luwara ukunze gushyira ku karubanda amakuru y’ibanga yerekeye Tshisekedi n’umuryango we, wabaye uwa mbere nyuma yo gutangaza ko Perezida wa RDC yagiye muri Angola rwihishwa, mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X saa 12:16.
Ni Tshisekedi wavuye i Kinshasa saa 09:58 aherekejwe n’itsinda ry’abajyanama be, akaba yari mu ndege yari itwawe n’abapilote b’Abarusiya.
Perezidansi ya Angola yemeje ko Tshisekedi koko yari i Luanda, biciye mu mafoto ye ari kumwe na Perezida João Lourenço yashyizwe ku rubuga rwa Facebook rw’Ibiro bya Perezida Lourenço.
Perezida Lourenço kandi yarasanzwe ari umuhuza w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku makimbirane akomeje kubahanganisha, umwanya aherutse gusimburwaho.
Tshisekedi yagendereye Angola mu gihe ibintu bikomeje kumuzambana, dore ko inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 zikomeje kwigarurira ibice bitandukanye by’Intara za Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo birimo imijyi ya Goma na Bukavu ziheruka kwirukanamo ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…