Igihugu cya Uganda cyatangiye gushyirwaho igitutu n’Umuryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza, Commonwealth, wahamagariye nka kimwe mu bihugu 56 bigize uyu muryango, kurekura umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Kizza Besigye, uvuga ko ifungwa rye ryabangamiye Demokarasi n’uburenganzira bwa muntu.
Patricia Scotland, Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, yavuze ko ifungwa rya Besigye, umwunganizi we n’uwo bafatanyije muri politiki, byatesheje agaciro “amahame ya Demokarasi, uburenganzira bwa muntu n’ubuyobozi bugendera ku mategeko”.
“Umuryango wa Commonwealth buri gihe wagiranye na Uganda umubano ushingiye ku kwizerana kandi utegereje ukugaruka kwa politiki itagira uwo iheza kandi ishingiye kuri demokarasi kandi politiki inyuze mu mahame ya Commonwealth” , uyu ni madamu Scotland mu itangazo yashyize ahagaragara.
Dr Kizza Besigye w’imyaka 68 y’amavuko yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara mu cyumweru gishize, kandi yashyizwe mu bitaro igihe gito mu mpera z’icyumweru gishize.
Guverinoma ya Uganda ihakana ibirego byo guhonyora uburenganzira bwa muntu, ivuga ko guta muri yombi no gukurikirana abantu, bikorwa hakurikijwe amategeko.
Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…
Ku wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Amerika yemeje ko yafatiye Gen (Rtd) James Kabarebe…
Nyuma y'uko Col. Michel Rukunda waruzwi nka Makanika wagiye aharanira uburenganzira bw'Abanyamulenge yishwe n'igisirikare cya…
Kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, nibwo Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda…
Col Michel Rukunda uzwi nka Makanika wari uyoboye umutwe wa Twirwaneho yishwe n'igisirikare cya Repubulika…
Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe…