MU MAHANGA

Uganda yashyizweho igitutu cyo gufungura umunyapolitiki Kizza Besigye

Igihugu cya Uganda cyatangiye gushyirwaho igitutu n’Umuryango w’ibihugu bikoresha Icyongereza, Commonwealth, wahamagariye nka kimwe mu bihugu 56 bigize uyu muryango, kurekura umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Kizza Besigye, uvuga ko ifungwa rye ryabangamiye Demokarasi n’uburenganzira bwa muntu.

Patricia Scotland, Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, yavuze ko ifungwa rya Besigye, umwunganizi we n’uwo bafatanyije muri politiki, byatesheje agaciro “amahame ya Demokarasi, uburenganzira bwa muntu n’ubuyobozi bugendera ku mategeko”.

“Umuryango wa Commonwealth buri gihe wagiranye na Uganda umubano ushingiye ku kwizerana kandi utegereje ukugaruka kwa politiki itagira uwo iheza kandi ishingiye kuri demokarasi kandi politiki inyuze mu mahame ya Commonwealth” , uyu ni madamu Scotland mu itangazo yashyize ahagaragara.

Dr Kizza Besigye w’imyaka 68 y’amavuko yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara mu cyumweru gishize, kandi yashyizwe mu bitaro igihe gito mu mpera z’icyumweru gishize.

Guverinoma ya Uganda ihakana ibirego byo guhonyora uburenganzira bwa muntu, ivuga ko guta muri yombi no gukurikirana abantu, bikorwa hakurikijwe amategeko.

Besigye bivugwa ko afunze mu buryo bunyuranyije amategeko

Christian

Recent Posts

Ibyo wamenya ku ikipe y’u Rwanda na Senegal zigiye guhura zihatanira itike y’igikombe cy’Afurika (Afrobasket2025)

Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…

10 hours ago

Guverinoma y’u Rwanda yanenze Amerika ibihano yafatiye Gen (Rtd) Kabarebe

Ku wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Amerika yemeje ko yafatiye Gen (Rtd) James Kabarebe…

11 hours ago

Umuvugizi wa M23 Col. Willy Ngoma yagize icyo avuga kuri Makanika wishwe na FARDC

Nyuma y'uko Col. Michel Rukunda waruzwi nka Makanika wagiye aharanira uburenganzira bw'Abanyamulenge yishwe n'igisirikare cya…

11 hours ago

AMAFOTO: Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye imbere y’amategeko

Kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, nibwo Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda…

1 day ago

Col. Makanika yishwe agabweho igitero n’igisirikare cya Congo (FARDC)

Col Michel Rukunda uzwi nka Makanika wari uyoboye umutwe wa Twirwaneho yishwe n'igisirikare cya Repubulika…

1 day ago

Hatangiye gutegurwa ikiriyo cya Papa Francis akiri muzima

Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe…

1 day ago