INKURU ZIDASANZWE

Hatangiye gutegurwa ikiriyo cya Papa Francis akiri muzima

Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe buri mu kaga.

Advertisements

Nk’uko ikinyamakuru Blick cyo mu Busuwisi kibitangaza, abashinzwe kumurinda ba Swiss Guard bari mu myitozo y’ikiriyo cye, kandi bategetswe kuguma mu rugo.

Papa Francis w’imyaka 88, aherutse kujyanwa mu bitaro bya Gemelli i Roma nyuma yo kugira uburwayi bukomeye mu gatuza. 

Yari yamaze iminsi yanga kuva i Vatikani, ariko abaganga nyuma y’uko bamupimye bakamusangana uburwayi bw’ubuhumekero (pneumonie), bufite imiterere igoye. Ibi byatumye asabwa kuruhuka no guhagarika gahunda nyinshi yari afite muri iyi minsi.

Bamwe mu bantu be ba hafi bavuze ko yabibwiye ko ‘ashobora kutarokoka kuri iyi nshuro’. 

Abakirisitu benshi bateraniye ku bitaro bya Gemelli gusengera Papa, mu gihe abaganga bakomeje guhindura imiti ye kugira ngo bamurwaneho.

Kugeza ubu, Vatikani ntiratangaza igihe azamara mu bitaro cyangwa uko yakiriye imiti. Gusa Dr. Carmelo D’Asero, inzobere mu ndwara zandura, yatangaje ko kuba adafite umuriro bishobora kuba ari ikimenyetso cy’uko umubiri we udashoboye guhangana n’uburwayi uko bikwiye.

Icyo abantu benshi bategereje ni ukureba niba ubuzima bwa Papa Francis buzagira aho bugana, ndetse n’aho yashyingurwa naramuka atabarutse kuko bivugwa ko yamaze gutegura imva ye, itandukanye n’ahashyingurwa abapapa babanje.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago