INKURU ZIDASANZWE

Hatangiye gutegurwa ikiriyo cya Papa Francis akiri muzima

Vaticani iri gutegura umuhango wo gusezera kuri Papa Francis nyuma y’uko bivugwa ko ubuzima bwe buri mu kaga.

Nk’uko ikinyamakuru Blick cyo mu Busuwisi kibitangaza, abashinzwe kumurinda ba Swiss Guard bari mu myitozo y’ikiriyo cye, kandi bategetswe kuguma mu rugo.

Papa Francis w’imyaka 88, aherutse kujyanwa mu bitaro bya Gemelli i Roma nyuma yo kugira uburwayi bukomeye mu gatuza. 

Yari yamaze iminsi yanga kuva i Vatikani, ariko abaganga nyuma y’uko bamupimye bakamusangana uburwayi bw’ubuhumekero (pneumonie), bufite imiterere igoye. Ibi byatumye asabwa kuruhuka no guhagarika gahunda nyinshi yari afite muri iyi minsi.

Bamwe mu bantu be ba hafi bavuze ko yabibwiye ko ‘ashobora kutarokoka kuri iyi nshuro’. 

Abakirisitu benshi bateraniye ku bitaro bya Gemelli gusengera Papa, mu gihe abaganga bakomeje guhindura imiti ye kugira ngo bamurwaneho.

Kugeza ubu, Vatikani ntiratangaza igihe azamara mu bitaro cyangwa uko yakiriye imiti. Gusa Dr. Carmelo D’Asero, inzobere mu ndwara zandura, yatangaje ko kuba adafite umuriro bishobora kuba ari ikimenyetso cy’uko umubiri we udashoboye guhangana n’uburwayi uko bikwiye.

Icyo abantu benshi bategereje ni ukureba niba ubuzima bwa Papa Francis buzagira aho bugana, ndetse n’aho yashyingurwa naramuka atabarutse kuko bivugwa ko yamaze gutegura imva ye, itandukanye n’ahashyingurwa abapapa babanje.

Christian

Recent Posts

Ibyo wamenya ku ikipe y’u Rwanda na Senegal zigiye guhura zihatanira itike y’igikombe cy’Afurika (Afrobasket2025)

Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…

10 hours ago

Guverinoma y’u Rwanda yanenze Amerika ibihano yafatiye Gen (Rtd) Kabarebe

Ku wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Amerika yemeje ko yafatiye Gen (Rtd) James Kabarebe…

11 hours ago

Umuvugizi wa M23 Col. Willy Ngoma yagize icyo avuga kuri Makanika wishwe na FARDC

Nyuma y'uko Col. Michel Rukunda waruzwi nka Makanika wagiye aharanira uburenganzira bw'Abanyamulenge yishwe n'igisirikare cya…

11 hours ago

AMAFOTO: Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ yasezeranye imbere y’amategeko

Kuri uyu wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, nibwo Musengamana Béatha wamamaye mu ndirimbo ‘Azabatsinda…

1 day ago

Col. Makanika yishwe agabweho igitero n’igisirikare cya Congo (FARDC)

Col Michel Rukunda uzwi nka Makanika wari uyoboye umutwe wa Twirwaneho yishwe n'igisirikare cya Repubulika…

1 day ago

Gen. Masunzu Pacifique wari warahigiye kwivuna M23 yahunze atarwanye

Gen. Masunzu Pacifique wari wahawe akazi ko kwivuna umutwe wa M23, yakijijwe n’amaguru yerekeza i…

1 day ago