IMIKINO

Ibyo wamenya ku ikipe y’u Rwanda na Senegal zigiye guhura zihatanira itike y’igikombe cy’Afurika (Afrobasket2025)

Ikipe y’u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cyo mu 2025, window ya 3. Ni umukino uteganyijwe ku isaha ya Saa Kumi z’umugoroba (16h00) z’i Kigali.

Advertisements

Uyu mukino urabera ahitwa Salle IBN Yassine i Rabat muri Maroc.

Ni umukino uraza kuyoborwa n’abasifuzi barimo TABOUBI, Amir wo muri Tunisia, EIUBA Claudio ukomoka muri Angola na HOUNGBEDJI Silver Jacques wo muri Benin.

Mugihe komiseri w’umukino azaba yitwa ZOTCHI, Komlan Abel Alexis.

Mu mukino ubanza wahuje ibihugu byombi, muri window ya 2, wabaye tariki 22 Ugushyingo 2024, ikipe y’igihugu ya Senegal yakiniraga mu rugo yatsinze iy’u Rwanda amanota 81-59. 

Aho agace ka mbere ku mukino karangiye Senegal ikayoboye n’amanota 20 kuri 18 y’u Rwanda.

Agace ka kabiri ku mukino karangiye Senegal n’ubundi ikayoboye n’amanota 23 kuri 14 y’u Rwanda.

Amakipe yombi yagiye kuruhuka Senegal ifite amanota 43 kuri 32 y’u Rwanda.

Agace ka gatatu, Senegal yari mu rugo yirinze gukora amakosa ikomeza kuyobora kuko karangiye igatsinze amanota 21 ku 10 y’u Rwanda.

Ni mugihe agace ka Kane ari nako ka nyuma karangiye amakipe yombi atsinze amanota 17-17.

Muri uyu mukino Youssou Ndoye ukinira Senegal, ni we watsinze amanota menshi (14), naho Robbenys Williams ku ruhande rw’u Rwanda atsinda amanota 12.

Abakinnyi babanje mu kibuga mu mukino  uheruka ku mpande zombi:

Rwanda

6 William Robeyns

8 Antino Alverazes Jackson 

10 Cadeau de Dieu Furaha 

34 Dieudonne Ndayisaba Ndizeye

55 Osborn Shema

SENEGAL

 0 Brancou Badio

 29 Gora Camara

 43 Amar Sylla, 

 45 Karim Mane

 77 Moustapha Diop

Senegal nta mpinduka nshya yakoze ku rutonde rw’abakinnyi yari yakoresheje mu mikino ya wa 2 n’iy’ubu. Ku rundi ruhande rw’u Rwanda rwongeyemo amasura mashya, aho rwongeyemo; Mpoyo Axel na Ntore Habimana ndetse na Bruno Shema utari wakoreshejwe ubushize.

Senegal niramuka itsinze u Rwanda, irahita ibona itike y’igikombe cy’Afurika. 

U Rwanda rukeneye gutsinda imikino 2 kugira ngo rwizere kubona itike ya Afrobasket 2025. U Rwanda rwabona iyi tike mu gihe rwaba rutsinze umukino umwe, Gabon yo igatakaza imikino yose uko ari 3.

Senegal iyoboye itsinda C n’amanota 6, aho yatsinze imikino 3 yose yakinnye muri Window 2. 

U Rwanda ruri ku mwanya wa 3 n’amanota 4, aho yatsinze umukino umwe itsindwa 2, muri window 2.

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yatsinzwe umukino wa mbere na Senegal
Ikipe y’Igihugu ya Senegal itsinze u Rwanda yahita ikatisha itike ya Afrobasket2025
Senegal yari mu rugo nibwo iheruka gutsinda u Rwanda

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago