RWANDA

Perezida Kagame yaganiriye na David Lappartient uyobora (UCI) uburyo Tour du Rwanda yazamurirwa urwego

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye na David Lappartient uyobora ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ku Isi (UCI), ku buryo Tour du Rwanda yazamurirwa urwego ikagera ku rwego rwa mbere rw’Isi ‘World Tour’.

Advertisements

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 23 Gashyantare 2025, ni bwo aba bayobozi bombi batangije isiganwa mpuzamahanga rya ‘Tour du Rwanda 2025’.

Nyuma yo gutangiza agace kabanza karyo (Prologue), Perezida Kagame na Lappartient baganiriye ku iterambere ry’iri Siganwa.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) byatangaje ko baganiriye ku ifungurwa ry’ikigo cyo guteza imbere umukino w’amagare cyashyizwe mu Rwanda kizafasha mu kuzamura impano z’abakinnyi b’Abanyarwanda, abo ku Mugabane wa Afurika n’ahandi.

Perezida Kagame yaganiriye na David Lappartient uyobora Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare ku Isi uri i Kigali

Kuri iki Cyumweru, i Kigali ni bwo iki kigo cyafunguwe ku mugaragaro aho kizaba gifite amashami mu Turere dutatu harimo aka Bugesera, Rwamagana n’aka Musanze.

Ibiganiro byabo kandi byagarutse ku buryo Tour du Rwanda yazamurirwa urwego ikaba mu marushanwa ari ku rwego rwa kabiri rw’akomeye ku Isi no ku rwego rwa mbere rwa ‘World Tour’.

World Tour ni urwego rw’amarushanwa ahatse andi mu mukino w’amagare, kuko yitabirwa n’amakipe akomeye ndetse n’abakinnyi bakomeye.

Agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2025 kegukanywe n’Umubiligi Aldo Taillieu ukinira Lotto Development nyuma yo gukoresha iminota itatu n’amasegonda 48.

David Lappartient ari i Kigali mu rwego rwo kureba uko isiganwa rya Tour du Rwanda rigenda

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago