MU MAHANGA

Umuvugizi wa M23/AFC, Kanyuka yabajije MONUSCO abakiri mu birindiro byabo ari bantu ki?

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko nta gitutu uyu mutwe wigeze ushyira ku ngabo ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, MONUSCO, kugira ngo zitange abantu bahungiye ku birindiro byazo, yibaza abakiriyo abo ari bo cyane ko benshi barimo abakozi ba Loni n’abacanshuro bahavuye.

Advertisements

Ku wa 21 Gashyantare 2025, Umuyobozi Mukuru w’Ubutumwa bwa Loni bushinzwe kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa RDC, Bintu Keita, yatangaje ko batewe impungenge n’abarenga 1400 bahungiye mu birindiro byabo bakaba babacungiye umutekano.

Keita yahamije ko M23 yagiye ibashyiraho igitutu ngo bayishyikirize abo bantu ariko MONUSCO ihitamo gukomeza kubarindira umutekano, igasaba ko amahanga yagira uruhare mu kubafasha kwimukira mu nkambi zicungiwe umutekano.

Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka kuri uyu wa 24 Gashyantare 2025 yavuze ko abo bantu nta gitutu batewe na M23, ahubwo yibaza abo ari bo mu gihe abakozi ba Loni n’imiryango yabo n’abacanshuro batashye.

Ati “Umuyobozi wa MONUSCO, Bintu Keita, yanze kugaragaza ko abo bantu arinze mu bigo bya MONUSCO nta kibazo tubateye. Kuki bamaze iminsi myinshi bihishe mu gihe abakozi ba Loni n’abacanshuro bagiye rugikubita? Abo [bahungiyeyo] ni bande?”

Mu mpera za Mutarama 2025 abakozi ba Loni n’imiryango yabo barenga 1200 bahunze bava i Goma banyuzwa mu Rwanda kimwe n’abacanshuro b’Abanyaburayi 280.

Ni mu gihe nyuma y’iminsi mike imirwano ihosheje i Goma, umubare munini w’abasivile bahise basubira mu byabo kuko babonaga atari ngombwa kuguma mu nkambi kandi ababakoreraga urugomo bamaze kumeneshwa.

Kuva Keita yatangaza iby’abo bantu bahungiye muri MONUSCO, bamwe batangiye kugaragaza ko ari abarwanyi ba FDLR bihisheyo, nubwo aya makuru adafite gihamya.

Muri Mutarama 2025 ubwo intambara yakazaga umurego, bivugwa ko abasirikare bo mu butumwa bwa SAMIRDC babonye bakomeje gukomereka no gupfa ku bwinshi bahungira mu nkambi za MONUSCO.

Kanyuka aherutse kubwira itangazamakuru ko abasirikare ba Afurika y’Epfo nubwo bari mu birindiro bya MONUSCO, ariko bagomba gutaha.

Abari abakozi ba Loni baratashye

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago