UMUTEKANO

Urwego rw’Igihugu rushinzwe igorora (RCS) rwungutse abakozi bashya barenga 500

Mu ishuri ry’Amahugurwa ry’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora RCS, riherereye mu Karere ka Rwamagana, habereye umuhango wo gusoza amahugurwa y’abakozi bato b’uru rwego bagera kuri 546 bahuguwe mu gihe cy’amezi 9, barimo abakobwa 200 n’abagabo 346.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025, witabiriwe na Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Dr Vincent Biruta, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi, Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha n’izindi nzego z’umutekano.

Abakozi bato b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora bahawe inyigisho zirimo kubahiriza uburenganzira bwa muntu, gucunga umutekano no gukoresha intwaro, kwirwanaho badakoresheje intwaro, imikorere y’amagororero n’imyitwarire iboneye.

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yijeje ko RCS izakomeza gukorwamo amavugurura kugira ngo irusheho gutera imbere.

Yasabye abakozi b’urwego b’umwuga bashya  gushyira mu ngiro ibyo bize no kwita ku mutekano w’Igihugu, uw’abari kugororwa no guhoza ku mutima inshingano bafite.

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Dr Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo kwakira abakozi bashya ba RCS
Bakoze akarasisi
Abakozi bashya ba RCS biyerekana
RCS yungutse abakozi bashya barenga 500

Christian

Recent Posts

John Legend yasubije abari bamushyizeho igitutu ngo ntataramire mu Rwanda

Umuhanzi w'icyamamare John Legend, wari washizweho igitutu cyo guhagarika gukorera igitaramo i Kigali, yavuze ko…

2 hours ago

Umuvugizi wa M23/AFC, Kanyuka yabajije MONUSCO abakiri mu birindiro byabo ari bantu ki?

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko nta gitutu uyu mutwe wigeze ushyira ku ngabo…

3 hours ago

New Zealand: Minisitiri yeguye ku mirimo ye nyuma yo gushinjwa gukorakora umukozi

Minisitiri w’ubucuruzi muri New Zealand, Andrew Bayly yeguye ku mirimo ye nyuma yo gushyira ikiganza…

5 hours ago

Perezida Kagame yaganiriye na David Lappartient uyobora (UCI) uburyo Tour du Rwanda yazamurirwa urwego

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yaganiriye na David Lappartient uyobora ishyirahamwe ry'umukino w'amagare ku Isi…

5 hours ago

Ibyo wamenya ku ikipe y’u Rwanda na Senegal zigiye guhura zihatanira itike y’igikombe cy’Afurika (Afrobasket2025)

Ikipe y'u Rwanda irakina na Senegal, mu mukino wa mbere wo gushaka itike y'igikombe cy'Afurika…

3 days ago

Guverinoma y’u Rwanda yanenze Amerika ibihano yafatiye Gen (Rtd) Kabarebe

Ku wa Kane tariki 20 Gashyantare 2025, Amerika yemeje ko yafatiye Gen (Rtd) James Kabarebe…

3 days ago