Mu ishuri ry’Amahugurwa ry’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora RCS, riherereye mu Karere ka Rwamagana, habereye umuhango wo gusoza amahugurwa y’abakozi bato b’uru rwego bagera kuri 546 bahuguwe mu gihe cy’amezi 9, barimo abakobwa 200 n’abagabo 346.
Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 24 Gashyantare 2025, witabiriwe na Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Dr Vincent Biruta, Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, Umuyobozi Mukuru wungirije wa Polisi, Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha n’izindi nzego z’umutekano.
Abakozi bato b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora bahawe inyigisho zirimo kubahiriza uburenganzira bwa muntu, gucunga umutekano no gukoresha intwaro, kwirwanaho badakoresheje intwaro, imikorere y’amagororero n’imyitwarire iboneye.
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yijeje ko RCS izakomeza gukorwamo amavugurura kugira ngo irusheho gutera imbere.
Yasabye abakozi b’urwego b’umwuga bashya gushyira mu ngiro ibyo bize no kwita ku mutekano w’Igihugu, uw’abari kugororwa no guhoza ku mutima inshingano bafite.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…