Ku wa Mbere tariki ya 24 Gashyantare ni bwo imiryango ya EAC na SADC yabatangaje abayobozi bashya bakomeye bakagirwa abahuza b’ibiganiro by’i Luanda na Nairobi ku mahoro y’umutekano muke w’Uburasirazuba bwa RD Congo mu itangazo rihuriweho yasohoye.
Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria na Hailemariam Desalegn Boshe wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, nibo bagizwe abahuza mu kibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa DRC nk’uko byemejwe n’umuryango wa EAC na SADC.
Kenyatta wari usanzwe ari umuhuza mu biganiro bya Nairobi na bagenzi be, bagenwe nyuma y’ibiganiro biheruka guhuza abakuru b’ibihugu bigize iriya miryango yombi.
Mu nshingano bazaba bafite harimo kugenzura iyunahirizwa ry’agahenge hagati y’ihuririro ry’ingabo za Leta ya Congo n’umutwe wa M23 barwana, guhuza ibikorwa by’ubutabazi ndetse no guherekeza impande zihanganye mu biganiro mu rwego rwo kugera ku muti w’amakimbirane urambye.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…