IMIKINO

Umukino wa shampiyona wagombaga guhuza APR Fc na Rayon Sports wimuriwe igihe

Urwego rutegura Shampiyona y’u Rwanda “Rwanda Premier League” rwimuye umukino w’umunsi wa 27 wa Shampiyona wagombaga guhuza APR FC na Rayon Sports ushyirwa ku munsi wa 20.

Advertisements

Ibi bikubiye ku ngengabihe ivuguruye ya Shampiyona y’u Rwanda uru rwego rwahaye amakipe yose kugeza Shampiyona ya 2024-25 irangiye muri Gicurasi 2025.

Ku ikubitiro uyu mukino wari washyizwe ku munsi wa 27 tariki ya 10 Gicurasi 2025. gusa ingengabihe Nshya yashyizwe hanze yerekanye ko uyu mukino wimuwe ugashyirwa ku munsi wa 20 aho uzakinwa ku wa 9 Werurwe 2025, saa cyenda z’amanywa kuri Stade Amahoro. 

Amakuru avuga ko Rwanda Premier League yakoze ibi mu rwego rw’ubucuruzi aho igira ngo aya makipe yombi afite abafana benshi mu Rwanda ahure hakirimo ikinyuranyo cy’amanota make hagati y’ikipe imwe n’indi ubundi umukino ugire imbaraga n’agaciro gahambaye Umukino ubanza wahuje amakipe yombi mu Ukuboza 2024 warangiye banganyije ubusa ku busa.

Kugeza ku munsi wa 18 wa Shampiyona Rayon Sports ni yo iyoboye Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 41 irusha APR FC ya kabiri amanota ane yonyine.

Umukino wa APR Fc yagombaga kwakira Rayon Sports mu Kwezi kwa Gicurasi washyizwe mu Kwezi kwa Werurwe

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago