IMIDERI

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira yavuze ku iyicwa ry’imbwa ya Turahirwa Moses nawe warusimbutse

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Dr Murangira B. Thierry yasobanuye imvano y’urugomo rwakorewe Turahirwa Moses washinze inzu y’imideli yitwa Moshions n’uko imbwa ye yishwe.

Advertisements

Ku Cyumweru tariki 23 Gashyantare 2025, abantu batatu bafashe imbwa y’uwitwa Turahirwa Moses barayikubita kugeza ipfuye nawe ndetse baramukubita bamugira intere gusa ku bw’amahirwe uyu mugabo washinze inzu y’imideli ntiyapfuye.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira asobanura imvano y’uru rugomo, aho kugeza ubu abakoze icyaha bamaze no gufatwa mugihe iperereza rikomeje.

Yagize ati “Ntabwo yatezwe n’abagizi ba nabi, ahubwo ubwo Moses yatemberaga n’imbwa ye yaciye ahantu hari ikiraro cy’intama, imbwa ye yiruka ku ntama imwe. Abaturage barahurura babona iyo mbwa barayikubita barayica ndetse na Moses baramukubita. Hafashwe batatu, iperereza rirakomeje.”

Ni mu butumwa Dr Murangira, yashyize ku rubuga rwe rwa X, ubwo yasubizaga umwe mu bakoresha uru rubuga wavugaga ko Moses yatezwe n’abagizi ba nabi bakamutemagurana n’imbwa ye.

Ku wa Mbere nibwo Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho guhohotera Turahirwa Moses batawe muri yombi ndetse babaye bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu gihe iperereza rigikomeje.

Umuvugizi wa RIB Dr Murangira Thierry yavuye imuzi ihohoterwa ryakorewe Turahirwa Moses washinze inzu y’imideli ya Moshions

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago