INKURU ZIDASANZWE

Uko umugabo yafatanywe Cocaine igura arenga miliyoni 10 y’u Rwanda mu musatsi

Polisi yo mu gihugu cya Colombiya yafashe umugabo w’imyaka 40 wageragezaga kwinjiza mu ndege ibiyobyabwenge yabihishe munsi y’umusatsi w’umukorano.

Advertisements

Uyu mugabo yafashwe ku kibuga cy’indege cya Cartagena ku wa Mbere, tariki ya 24 Gashyantare 2025, ubwo yari agiye kwerekeza i Amsterdam.

Ibikoresho bisuzuma byagaragaje ko yari afite 220g za cocaine zapakiwe mu dupaki duto, twari dutwikiriwe n’umusatsi w’umukorano polisi yise “narco wig”. Polisi ivuga ko iyi cocaine ifite agaciro ka 10,000 Euros (14,727,200 RWF) ku isoko ry’i Burayi.

Muri videwo yashyizwe ahagaragara, umupolisi agaragara akuraho uwo musatsi w’umukorano akoresheje amakasi, maze agaragaza izo paki za cocaine zahishwemo.

Polisi yemeje ko uyu mugabo yari asanzwe afite ibyaha bibiri by’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

Gen. Gelver Yesid Peña, Umuyobozi wa Polisi ya Cartagena yavuze ko amatsinda y’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge akomeje gukoresha urubyiruko abizeza ko bashobora guca mu rihumye abashinzwe umutekano. Yongeraho ati: “Iyi nkuru igaragaza ko ibyo bidashoboka.”

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago