MU MAHANGA

Diamond Platnumz yatakambiye Perezida Suluhu ko yabubakira igikorwaremezo kimeze nka Arena yo mu Rwanda

Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Diamond Platnumz yasabye Perezida Samia Suluhu Hassan gushyiraho inyubako yakira ibitaramo n’ibindi bikorwa by’imyidagaduro, imeze nk’iya BK Arena yo mu Rwanda.

Advertisements

Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru nyuma y’ibihembo bya Trace Awards byabereye ku kirwa cya Zanzibar, muri Tanzania.

Si ubwa mbere Diamond agaragaza ko yishimira iyi nyubako yo mu Rwanda. Mu bihe byashize, ubwo yari i Kigali akayisura, yatangaje ko u Rwanda rwagize amahirwe yo kugira ahantu hihariye nk’aho, ndetse avuga ko byari bikwiye ko no muri Tanzania hubakwa iyimeze nkayo.

Icyakora, inyubako nk’izi ziracyari nke ku mugabane wa Afurika, kandi abahanzi n’abakora ibijyanye n’imyidagaduro bagaragaza ko kuzongera byafasha mu guteza imbere uruganda rwabo.

BK Arena, iherereye i Kigali mu Rwanda, ni imwe mu nyubako nini kandi igezweho muri Afurika yakira ibitaramo, imikino n’ibindi bikorwa binini. Ifite ubushobozi bwo kwakira abantu barenga 10,000, ikaba yarafunguwe ku mugaragaro mu 2019.

Iyi nyubako imaze kwakira ibitaramo bikomeye by’abahanzi mpuzamahanga, amarushanwa y’imikino nk’Afrobasket, inama zikomeye ndetse n’ibirori bitandukanye.

Gusaba ko Tanzania nayo yakubaka inyubako nk’iyi byerekana ko BK Arena yabaye icyitegererezo ku zindi nyubako nk’izi muri Afurika, bikaba bishobora gufasha mu kuzamura urwego rw’imyidagaduro n’ubukerarugendo muri aka karere.

Diamond Platnumz yasabye Perezida Suluhu Hassan ku buhakira Stade imeze nka Bk Arena

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago