POLITIKE

‘Twasigiwe isomo’ Ange Kagame abwira imiryango mpuzamahanga ikomeje gutererana u Rwanda

Ange Kagame, Umukobwa wa Perezida Paul Kagame, yanenze Umuryango Mpuzamahanga uhamagarira u Rwanda gukuraho ingamba z’ubwirinzi, ashimangira ko Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu Rwanda mu 1994, yasigiye isomo Abanyarwanda.

Advertisements

Ni ibyo yasangije ku rubuga rwa X, nyuma y’u butumwa bw’Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Stephanie Nyombayire, wagaragaje ko uyu Muryango Mpuzamahanga ari wo wafashe icyemezo cyo gutererana Abanyarwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ndetse avuga ko kuri uyu Muryango ubuzima bw’Abanyarwanda nta gaciro bufite imbere y’inyungu za politiki ndetse n’uyu munsi ariko bikimeze, yongeraho ko kuri ubu RDC iri gusangira izo nyungu n’iyi Miryango.

Ange Kagame yashimangiye ibyavuzwe na Nyombayire agaragaraza umuryango Mpuzamahanga watereranye u Rwanda mu myaka 30 ishize ndetse n’uyu munsi ukiruhatira gukuraho ingamba z’ubwirinzi bishibora gushyira ubuzima bw’Abanyarwanda mu kaga.

Ati ”U Rwanda rwaratawe ngo rupfe mu myaka 30 ishize, Umuryango Mpuzamahanga urebera, none tumaze igihe tubwirwa ko ariwo tugomba gushinga ibibazo by’umutekano w’igihugu. Amahirwe ni uko turi Abanyeshuri beza b’amateka.”

Umuryango Mpuzamahanga umaze igihe uvuga ko uzafatira ibihano u Rwanda, urushinja gufasha umutwe wa M23 no kugira uruhare mu bibazo by’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC, ibi u Rwanda rwahakanye rugaragaza ko ari ibirego bidafite ishingiro.

U Rwanda rwagaragaje kenshi ko ibibazo by’umutekano muke biri mu Burasirazuba bwa RDC bitazigera bikemurwa no gufatira u Rwanda ibihano, igisizubizo gishoboka ari ibiganiro bya politiki, ariko Perezida wa Congo, Felix Tshisekedi we yanze iyi nzira.

U Rwanda kandi ruvuga ko rwashyizeho ingamba z’ubwirinzi ku bice biruhuza na RDC, hagamijwe kwirinda ibitero ibyaribyo byose byaturuka mu Burasirazuba bwa RDC, bucumbikiwemo n’abajenosideri ba FDLR, bigamije guhungabanya umutekano w’igihugu.

Stephanie Nyombayire avuga ko u Rwanda ruzira kuba rwarashyizeho izi ngamba z’ubwirinzi, ndetse ashimangira ko nta gihugu cyatuza hari abategura guhungabanya umutekano wacyo, ndetse avuga ko uku kuri kwirengagizwa n’amahanga kuko yo ari mu bucuruzi atagambiriye gushaka amahoro.

Ange Kagame yatunze agatoki imiryango mpuzamahanga ikomeje gutererana u Rwanda

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago