MU MAHANGA

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika y’Amajyepfo (SADC) yari iteganyijwe ku wa 28 Gashyantare 2025, yarasubitswe.

Advertisements

Iyi nama yari kubera i Harare muri Zimbabwe, ikiga ku ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro abakuru b’ibihugu byo muri EAC na SADC bafatiye i Dar es Salaam, irebana no kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iyi myanzuro harimo guhagarika imirwano n’ubushotoranyi hagati y’impande zishyamiraniye mu Burasirazuba bwa RDC, gukomeza kw’ibikorwa by’ubutabazi, gufungura ikibuga cy’indege cya Goma no gufungura imihanda minini ihuza imijyi yo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Umwe mu bayobozi ba RDC bagombaga kujya muri iyi nama ku wa 28 Gashyantare yatangarije ikinyamakuru Actualité ko iyi nama yasubitswe kandi ko itariki nshya yimuriweho itaratangazwa.

Yagize ati “Yego ntekereza ko yasubitswe nubwo bitemejwe uyu munsi. Twari kujyayo ariko yasubitswe. Ntabwo yashyizweho indi tariki, ntabwo tuzi itariki.”

Amakuru yizewe avuga ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Zimbabwe, Frederick Shava, yari guha ubutumire bagenzi be bo muri EAC-SADC kugira ngo bajye i Harare, ariko byageze ku munsi w’inama atarabubaha.

Zimbabwe yahawe inshingano yo kwakira iyi nama kuko ni yo iyoboye SADC muri iki gihe. Impamvu yatumye idatanga ubutumire ntabwo iramenyekana kuko nta bisobanuro yatanze.

Iyi nama yari gukurikira iyahuje abagaba bakuru b’ingabo zo muri EAC na SADC yabereye i Dar es Salaam tariki ya 24 Gashyantare 2025, yiga ku buryo umwanzuro wo guhagarika imirwano uzubahirizwa mu Burasirazuba bwa RDC.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago