Umukozi wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko Trump yifuza ko Perezida Zelenskyy yiyemeza kugirana amasezerano y’amahoro n’u Burusiya.
Perezida Donald Trump yategetse “guhagarika” ubufasha bwa gisirikare Amerika iha Ukraine nyuma y’inama yagenze nabi igihe Trump yashakaga guhatira Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, kugirana ibiganiro by’amahoro n’u Burusiya.
Umukozi muri perezidansi yavuze ko Trump yibanze ku kugera ku masezerano y’amahoro kugira ngo intambara imaze imyaka itatu u Burusiya bwatangije muri Ukraine irangire burundu, kandi yifuza ko Zelenskyy “yiyemeza” iyo ntego.
Uyu muyobozi yongeyeho ko Amerika “ihagarika kandi ikongera gusuzuma” inkunga zayo kugira ngo “irebe ko igira uruhare mu kugera ku gisubizo.”
Guhagarika inkunga ntabwo bivuze ko ari iherezo ry’imfashanyo za Amerika nkuko iyi nkuru dukesha Euronews ivuga.
Rutahizamu w’Umufaransa, Karim Benzema ukinira Al-Ittihad yo muri Arabie Saoudité, yavuze ko kimwe mu byatumye…
Igihugu cy'u Rwanda cyongeye kwisanga cyafatiwe ibihano na Leta ya Canada mu rwego rw’ubukungu na…
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…